Dr Lassina Zerbo wari umaze amezi abiri agizwe Perezida w’Inama y’Ubuyobozi y’Ikigo Gishinzwe Ingufu za Atomike mu Rwanda (Rwanda Atomic Energy Board: RAEB), yagizwe Minisitiri w’Intebe w’igihugu cye cya Burkina Faso.
Kuri uyu wa Gatandatu ni bwo Zerbo yagizwe Minisitiri w’Intebe wa Burkina Faso biciye mu iteka rya Perezida w’iki gihugu, Roch Marc Christian Kabore, ryasomewe kuri Televiziyo n’umuvugizi wa Guverinoma, Stephane Wenceslas Sanou.
Zerbo w’imyaka 58 y’amavuko yagizwe Minisitiri w’Intebe wa Burkina Faso, mu gihe iki gihugu cyugarijwe n’ibibazo by’umutekano muke biri mu byo Guverinoma ye igomba guhangana na byo.
Biteganyijwe ko abagize Guverinoma ye bazamenyekana mu minsi mike iri imbere.
Inama y’Abaminisitiri yateranye ku wa 13 Ukwakira 20121 ni yo yari yemeje abagize Inama y’Ubuyobozi y’Ikigo cya RAEB barangajwe imbere na Dr Lassina Zerbo ndetse n’Igikomangomakazi cya Jordanie, Sumaya bint El Hassan.
Dr Zerbo yari anasanzwe ari Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umuryango Mpuzamahanga ugamije gukumira igeragezwa ry’intwaro za kirimbuzi aho ari ho hose ku Isi (Comprehensive Nuclear-Test-Ban Treaty Organization).
Ni inshingano yahawe kuva muri Kanama 2013. Uyu muryango ufite icyicaro i Vienne muri Autriche.


