Kuri uyu wa Gatandatu, abapolisi ba Guinea bakoresheje ibyuka biryana mu maso mu gutatanya abigaragambyaga mu murwa mukuru, Conakry, basaba uburenganzira bwo gukora ingendo bwa perezida wavanywe ku butegetsi, Alpha Conde.
Iyi myigaragambyo ni iya mbere ibaye kuva aho abasirikare bayobowe na Lt. Col. Mamady Doumbouya muri Nzeri bahiritse ku butegetsi Alpha Conde w’imyaka 83 nyuma y’imyaka 11 ku butegetsi.
Ishyaka rya Conde ryari ryahamagariye imyigaragambyo hanze y’icyicaro cyaryo hafi y’ikibuga cy’indege, ariko abariyishyigikiye bahageze ku wa Gatandatu mu gitondo basanga abashinzwe umutekano boherejwe muri ako gace, maze havuka amakimbirane.
Nyuma yo guhirikwa ku ya 5 Nzeri, Conde yafunzwe ibyumweru 12, kugeza ubwo abahiritse ubutegetsi bamwemereye gutaha akajya mu rugo rw’umugore we mu nkengero z’umurwa mukuru.
Itangazamakuru ryo muri Guinea ariko ryatangaje ko afungiye mu rugo.
Conde yabaye umuyobozi wa mbere watowe binyuze muri demokarasi muri Guinea mu 2010, ariko umwaka ushize yateje imyigaragambyo igihe yahinduraga itegeko nshinga kugira ngo yemererwe manda ya gatatu.
Nubwo yongeye gutorwa, abamunenga bamaganye ayo matora nk’uko iyi nkuru dukesha AFP ibyibutsa.
Kubera kurakazwa na ruswa no gukandamizwa, abaturage ba Guinea bishimiye ihirikwa ry’ubutegetsi bwa Conde.
Doumbouya yasezeranije gusubiza igihugu ku butegetsi bwa gisivili nyuma y’amatora, hataramenyekana igihe azabera.
Banki y’isi ivuga ko iki gihugu giherereye muri Afurika y’iburengerazuba gifite ubutunzi bw’amabuye y’agaciro n’amazi menshi, ariko abaturage barenga 43% babayeho mu bukene bukabije.


