sam.png

Perezida Samia yahishuye uko abapolisi bigeze kumuhohotera

Sangiza iyi nkuru

Perezida wa Repubulika Yunze Ubumwe ya Tanzania, Samia Suluhu Hassan yahishuye ukuntu abapolisi bigeze kumufata inshuro ebyiri bamuziza amakosa adasobanutse, banamubwira amagambo atari meza.

Yabitangaje kuri uyu wa 12 Ukuboza 2021 ubwo yayoboraga umuhango wo gusoza amasomo y’abapolisi b’abofisiye wabereye ku ishuri rikuru rya Polisi riri mu murwa mukuru wa Tanzania, Dar es Salaam.

Perezida Samia yashimiye abashoboye gusoza aya masomo, abifuriza akazi keza, ariko akomoza ku nenge ziranga bamwe muri bagenzi babo basanzwe muri aka kazi, bo bagomba kugendera kure. Muri zo harimo: gutukana, guterana ubwoba, kurya ruswa, kunyereza umutungo no kutita ku kazi kabo.

Ku ikosa ryo kutita ku kazi, yatanze urugero rwa bamwe bagaragara basinziriye ku buryo byakoroha kubiba imbunda baba bafite cyangwa se kubakuramo ingofero.

Ku magambo mabi aranga abapolisi bamwe na bamwe, Perezida Samia Suluhu yatangaje ko ari umwe mu bo yagizeho ingaruka ubwo yafatirwaga mu makosa avuga ko adasobanutse.

Ikosa rya mbere yafatiwemo ni iry’igihe itara ry’imodoka ye ritakoraga, nyamara avuga ko we atari yabimenye. Ati: “Ndababwira ko umunsi umwe nari ntwaye ku mugoroba, twari tuvuye ubukwe bw’umuntu, saa moya z’umugoroba, natsa imodoka, nsubira mu rugo. Ngeze mu nzira, itara rimwe ntiryakaga, imodoka y’abapolisi irambona, umupolisi arambwira iti “kata imbere” ntibansobanurira. Ni uko ndahagarara, barambaza bati uzi ko itara ryawe ritaka? Ndebye imbere, nsanga ntiryaka. Narababwiye ngo bandeke ndarikoresha ejo, ariko arambwira ngo ‘Oya, ntabwo nkurekura.”

Aba bapolisi ngo bamubwiraga nabi bamukanga, bamumenyesha ko bagiye kumujyana kuri sitasiyo ya Polisi iri mu bilometero 15. Ngo baragiye, agerayo, bamusabira kwandikirwa ibihano ariko bitarakorwa bamuganiraho, umwe aragaruka aramubaza ati: “Mama, uri nde?”, ngo yamusubije ko ari Samia, amubaza akazi akora n’aho akorera.

Nyuma yo kumwimbwira, umupolisi yamusabye gufata imodoka ye akagenda, na we arabyanga avuga ko bwije, amubwira ko afite impungenge z’uko yahura n’abandi bapolisi bamakamusubiza inyuma, ati: “Keretse tujyanye.” Wa mupolisi yafashe umwanzuro wo kumuherekeza, amugeza mu rugo.

Ku yindi nshuro, yavuze ko hari ubwo yari agiye kugongana n’imodoka ya Polisi, afata feri ariko birangira abapolisi bamujyanye bamutuka ngo ari mu makosa. Bamusabye kwandika raporo, baramugumana kugeza saa tatu z’ijoro kugeza ubwo mugenzi wabo yabasabye kumurekura.
sam.png

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *