Abarwanyi b’umutwe witwaje intwaro wa TPLF uharanira ubwigenge bw’intara ya Tigray bisubije umujyi ndangamurage wa Lalibela uri mu karere ka Amhara bari baherutse kwirukanwamo n’ingabo za Leta zari ziyobowe na Minisitiri w’Intebe, Abiy Ahmed.
Inkuru z’ibitangazamakuru birimo Radiyo Mpuzamahanga y’Abafaransa, RFI, Al Jazeera na Reuters zivuga ko abarwanyi ba TPLF bongeye kugaragara muri uyu mujyi guhera kuri uyu wa 12 Ukuboza 2021.
Hari umuturage wamenyesheje ibi bitangazamakuru kuri telefone ati: “[Abarwanyi] bari mu mujyi, nta mirwano iri kuba” undi ati: “Bagarutse, bamaze kuhagera” gusa ntacyo Umuvugizi wa TPLF, Getachew Reda arabitangazaho.
Tariki ya 1 Ukuboza 2021 ni bwo byamenyekanye ko ingabo za Leta zigaruriye Lalibela zimaze kwirukanamo abarwanyi ba TPLF bari barayifashe, bivugwa ko bakomeje intambara bagana mu murwa mukuru, Addis Ababa.
Lalibela ni umujyi uri ku rutonde rw’umurage ndangamuco rw’ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku burezi, siyansi n’umuco bitewe n’insengero zihaba zubatse mu rutare. Ni hamwe mu bice by’ingenzi bya Ethiopia kuko hasurwa n’abakerarugendo benshi.
Ufashwe nyuma y’umunsi umwe ibiro bya Minisitiri w’Intebe Abiy Ahmed bitangaje ko yasubiye ku rugamba.



2 Responses
Ethiopia: TPLF yisubije umujyi ndangamurage, Lalibela
Narabivuz bantera utwatsi ngoooo ibi bigaragazamo agakino kadasanzwa
Ethiopia: TPLF yisubije umujyi ndangamurage, Lalibela
Narabivuz bantera utwatsi ngoooo ibi bigaragazamo agakino kadasanzwa