Abiy Ahmed yasubiye ku rugamba

Sangiza iyi nkuru

Ibiro bya Minisitiri w’Intebe wa Ethiopia byatangaje ko Abiy Ahmed Ali yasubiye kuyobora ingabo z’igihugu zihanganye n’umutwe witwaje intwaro wa TPLF uharanira ubwigenge bw’intara ya Tigray.

Bigaragara mu itangazo byashyize kuri Twitter tariki ya 11 Ukuboza 2021, ubwo byatangazaga ko ingabo za Leta zafashe uduce dutandukanye twari mu maboko y’uyu mutwe bivuga ko ari uw’iterabwoba.

Byagize biti: “Ingabo za Ethiopia ziyobowe na Minisitiri w’Intebe Abiy Ahmed Ali wasubiye ku rugamba, zafashe uruhererekane rw’imisozi rwa Zobel, ruhuje uduce tw’ingenzi twa Arjo, Fokisa na Boren tunyuzemo umuhanda munini wa Woldia-Mekelle.”

Ibi biro byatangaje ko kandi ingabo za Leta ziri kugenzura imijyi y’ingenzi ya Dire Roqana na Sodoma, uruhererekane rw’imisozi ya Ambasel n’uduce turukikije.

Tariki ya 8 Ukuboza 2021 ni bwo ibi biro byari byatangaje ko Abiy Ahmed yavuye kuri uru rugamba by’igihe gito, asubira mu biro gusubukura inshingano yari yarasigiye umwungirije tariki ya 24 Ugushyingo.

Mu gihe yasubiye ku rugamba, abarwanyi ba TPLF baravugwaho gufata agace ka Lalibela kari ku rutonde rw’umurage w’Isi. Aka gace kari mu tw’ingenzi ingabo Abiy yari ayoboye zari zarigaruriye tariki ya 1 Ukuboza.

Soma Izindi Nkuru

2 Responses

  1. Abiy Ahmed yasubiye ku rugamba
    Uyu mugabo yashyekewe ye
    Sha ubwambere yatabarutse amahoro.
    ariko ubu baramutsindayo ndakurahiye. Ikigaragaracyo itambara irimo iramutsinda tu.

  2. Abiy Ahmed yasubiye ku rugamba
    Uyu mugabo yashyekewe ye
    Sha ubwambere yatabarutse amahoro.
    ariko ubu baramutsindayo ndakurahiye. Ikigaragaracyo itambara irimo iramutsinda tu.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *