Raporo y’Urugaga rw’Abavoka mu Rwanda, urwego rw’umwuga rugenga abakora umwuga w’amategeko, rwerekanye ko abanyamategeko hafi 200 bahawe ibihano kubera amakosa atandukanye mu myaka ibiri ishize (2019-2021).
Muri rusange, bakiriye ibirego 207 by’abakiriya kandi muri byo, 12 gusa ni bo basanze ari abere, naho abandi basanga bifite ishingiro abanyabyaha bahabwa ibihano bitandukanye.
Raporo yatanzwe na Gatera Gashabana, perezida ucyuye igihe wa komite ishinzwe imyitwarire mu rugaga, ivuga ko bamwe mu banyamategeko bashinjwaga kwakira amafaranga y’abakiriya kandi ntibatange serivisi nk’uko babyumvikanyeho.
Ishyirahamwe kugeza ubu ryanditse abanyamategeko 1.515 nk’abanyamuryango.
Ati: “Bamwe basabye abakiriya ibiciro biri hejuru y’ibiteganywa. Abandi bakora akazi ariko ntibatanga umusanzu, abandi ruswa, n’ibindi ”.
Raporo yatanzwe mu nteko rusange yahuriranye n’ihererekanyabubasha ku itariki ya 10 Ukuboza 2021, hagati ya Julien Kavarunganda perezida ucyuye igihe na Moise Nkundabarashi wamusimbuye nk’uko iyi nkuru dukesha The New Times ikomeza ivuga.
Kavaruganda yari amaze manda ebyiri zikurikirana muri izi nshingano kuva 2015.
Nk’uko raporo ibigaragaza, byibuze abanyamategeko bane babujijwe kongera gukora, abandi baba bahagaritswe, mu gihe abandi baciwe amande ariko bagakomeza imirimo.
Gashabana yagize ati: “Twakiriye ibibazo birenga 109 by’imikorere mibi muri 2019 na 79 muri 2020. Muri uyu mwaka ni 18 byonyine byanditswe.”
Yavuze ko byibuze abanyamategeko 23 bahagaritswe ukwezi kumwe, babiri bahagarikwa abiri, 16 bahagarikwa atatu mu gihe barindwi bahagaritswe amezi ane.

Me Julien Kavaruganda, wambaye amataratara ahererekanya ububasha na Me Nkundabarashi Moise
Raporo yerekana kandi ko umwe yahagaritswe amezi atanu, 52 bahagarikwa amezi atandatu naho 13 amezi arindwi.
Nibura abanyamategeko 21 bahagaritswe amezi umunani, umunani umwaka umwe, umwe ahagarikwa imyaka itatu mu gihe abanyamategeko bane birukanwe mu rugaga.
Ati: “Abavoka 12 gusa bashinjwaga n’abakiriya basanzwe ari abere. Abavoka bagera kuri 15 baciwe amande yo kubacyaha gusa mu gihe abanyamategeko 26 bagiriwe inama zo gukemura ibibazo by’abakiriya babo “.
Imyitwarire idahwitse nta mwanya ifite
Perezida mushya w’Urugaga rw’Abavoka, Nkundabarashi Moise, aganira n’abavoka, yavuze ko ibihano bizakomeza niba abanyamategeko bakora nabi badahagaritse iyo myitwarire igayitse.
Ati: “Umunyamategeko wese agomba kumva ko imyitwarire itureba twese kandi tugomba kuyubahiriza . Niba umunyamategeko umwe agaragaye ko ari we nyirabayazana w’imyitwarire mibi, byangiza isura y’abakora umwuga bose “.
Hagati aho, Nkundabarashi yavuze ko ubuyobozi bwe buzashingira ku mirimo y’abamubanjirije kugira ngo bakomeze guteza imbere urwego rw’umwuga, hamwe na hamwe mu bintu by’ingenzi bizibandwaho harimo gushimangira ishoramari ry’urwego.
Yavuze ko binyuze mu isosiyete yabo y’ishoramari, urugaga kugeza ubu rufite umutungo ufite agaciro ka miliyari 2 na miliyoni 300 Frw, harimo n’iyahoze yitwa Sports View Hotel iherereye hafi ya Stade Amahoro.
Urugaga kandi rugiye gufungura ikigo cyimari iciriritse.



2 Responses
Abavoka hafi 200 bahawe ibihano kubera imyitwarire idahwitse
Abitwa abahesha b’inkiko bigenga,bo benshi bazateza ibibazo byinshi,ntibadakorana ubunyamwuga no kwanga umugayo.
Njya ntangazwa n’ukuntu bagira ububasha busesuye bwo kugera m’ububiko bw’inyandiko mpamo ziranga imitungo y’abantu ,kugeza ubwo bamwe muri bo bigabiza ibyangombwa by’imitungo y’abantu m’uburyo bwumvikanyweho n’abatekamutwe bo mumiryango ya nyiri umutungo,maze bakabasha guteza ibibazo hagati y’imiryango hagamijwe ibisa n’izindi nyungu k’uruhande rumwe.
Abavoka hafi 200 bahawe ibihano kubera imyitwarire idahwitse
Abitwa abahesha b’inkiko bigenga,bo benshi bazateza ibibazo byinshi,ntibadakorana ubunyamwuga no kwanga umugayo.
Njya ntangazwa n’ukuntu bagira ububasha busesuye bwo kugera m’ububiko bw’inyandiko mpamo ziranga imitungo y’abantu ,kugeza ubwo bamwe muri bo bigabiza ibyangombwa by’imitungo y’abantu m’uburyo bwumvikanyweho n’abatekamutwe bo mumiryango ya nyiri umutungo,maze bakabasha guteza ibibazo hagati y’imiryango hagamijwe ibisa n’izindi nyungu k’uruhande rumwe.