Burundi: Leta iravugwaho guhisha ukuri ku nkongi y’umuriro yibasiye Gereza ya Gitega

Sangiza iyi nkuru

Iperereza rimaze gukorwa na Radio RPA yo mu Burundi riravuga ko haba hari ukuri kwahishwe ku nongi y’umuriro iherutse kubera muri Gereza ya Gitega nk’impamvu yayiteye ndetse n’umubare w’abayiguyemo.

Iri perereza ry’iki gitangazamakuru rivuga ko nk’iyi nkongi y’umuriro yaba itaraturutse ku mashanyarazi nk’uko biherutse gutangazwa na Guverinoma y’u Burundi.

Bivugwa ko uyu muriro wafatiye icya rimwe ibice bitandukanye by’iyi gereza, abashinzwe gutabara bakihutira kongera abashinzwe umutekano hagamijwe kubuza abanyururu gutoroka.

Kimwe mu byo iri perereza ryabonye kandi nuko ngo Guverinoma yaba yarabeshye ku mubare w’abahitanwe n’iyi mpanuka nk’uko byatangajwe n’inzego zitandukanye na visi perezida, Prosper Bazombanza.

Leta yemeje ko hapfuye abanyururu 38 gusa ariko RPA nk’uko amakuru ayigeraho avuga, ngo abo ni abapfuye kubera kubura umwuka gusa.

Ngo hari bamwe mu banyururu barokotse bemeza ko hari bagenzi babo bahiye bashya bagakongoka ariko urupfu rwabo rwagizwe ibanga.

Ikindi RPA ivuga kidasobanutse n’ukuntu kizimyamwoto yo mu Ntara ya Gitega, yageze kuri gereza itabaye nyuma y’amasaha abiri yose impanuka yamaze kuba.

Iyi nkuru isoza ivuga ko igitangaje ari uko aho kwihutira gutabara imfungwa bahamagaza iyo kizimyamwoto, abayobozi ba gereza bihutiye gutabaza ikigo cy’igipolisi kiri muri Gitega kugirango kirinde hatagira umunyururu utoroka.

RPA ikavuga ko iki ari ikimenyetso cy’uko leta itari ihangayikishijwe n’ubuzima bw’imfungwa ahubwo ifite uruhare runini mu byabaye.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *