Inteko ishinga amategeko ya Repubulika ya Malta yakuyeho itegeko ribuza abaturage guhinga no kunywa urumogi, iba igihugu cya mbere ku mugabane w’Uburayi kibikoze.
Kuri uyu wa 14 Ukuboza 2021 ni bwo abagize Inteko ya Malta bakoze itora rigamije kureba niba iri tegeko ryakurwaho. 36 batoye babyemeza, abandi 27 barabyanga.
Hashingiwe ku bwiganze bw’amajwi, iri tegeko ryavuyeho. Ubu umuturage wa Malta wujuje imyaka y’ubukure yemerewe kunywa amagarama agera kuri 7 ku munsi, akanatera ibiti bigera kuri bine by’urumogi mu isambu ye.
Gusa ariko birabujijwe kunywera urumogi mu ruhame cyangwa imbere y’abana. Uzafatwa yabirenzeho, ateganyirijwe gucibwa amande y’Amayero ari hagati ya 300 na 500.
Minisitiri w’Uburinganire wa Malta, Owen Bonnici ni umwe mu bayobozi bishimiye ibyavuye mu itora ry’abagize Inteko, avuga ko biha abaturage kwigirira amahitamo ku buzima bwabo.


