Uwari umurinzi wa Perezida Emmanuel Macron arimo gukorwaho iperereza rifitanye isano n’Abarusiya

Sangiza iyi nkuru

Alexandre Benalla, wahoze ari umurinzi wa Perezida Macron mbere yo kwirukanwa, kuri uyu wa Kabiri yatangiye gukorwaho iperereza kubera amasezerano y’umutekano mugenzi we yasinyanye n’Abarusiya.

Amakuru aturuka mu nzego z’umutekano mu Bufaransa agera ku Biro Ntaramakuru by’Abafaransa, AFP, avuga ko Benalla wirukanwe mu mwaka wa 2018 nyuma yo gufatwa amashusho yibasira abigaragambyaga, yafunzwe n’abapolisi kabuhariwe mu kurwanya ruswa hamwe n’umugore we mu rwego rwo gukora iperereza ku bucuruzi bw’uwahoze ari mugenzi we, Vincent Crase.

Crase, wahoze ari umupolisi wigeze kuba ushinzwe umutekano w’ishyaka rya politiki rya Macron, yabwiye abashinzwe iperereza mu mwaka wa 2019 ko amasezerano yagiranye n’Umurusiya Iskander Makhmudov yerekeye kurinda umutekano we n’uw’abana be mu Bufaransa na Monaco.

Benalla yahakanye ko ntaho ahuriye n’amasezerano ubwo yagenzurwaga na komite y’abadepite muri 2018.

Uyu musore w’imyaka 30 wahoze ari bouncer mu kabyiniro, yigeze kuba hafi ya Macron, ariko kuva icyo gihe yagiye amukoza isoni nk’umukuru w’igihugu.

Abashakashatsi b’Abafaransa barimo gukora iperereza ku kunyereza amafaranga na ruswa mu masezerano hagati ya sosiyete ya Crase na Makhmudov uzwiho kuba hafi y’umuyobozi w’u Burusiya Vladimir Putin.

Urubuga rw’Abafaransa rukunze gukora inkuru zicukumbuye, Mediapart, rwatangaje mu Kuboza 2019 ko ayo masezerano yari afite agaciro ka 294.000 by’amayero ($ 333,000).

Ikigeragezo gikomeye kuri perezida Macron

Aya makuru aheruka mu cyiswe “Benallagate” mu binyamakuru byo mu Bufaransa rije nyuma y’ukwezi uwahoze ari “bodyguard” we akatiwe azira gukubita abasore babiri bigaragambyaga mu myigaragambyo yo kwamagana abacapitaliste muri 2018, ndetse no guhimba inyandiko no gutwara imbunda mu buryo butemewe.

Macron yirukanye Benalla nyuma y’amashusho yerekanye ibyabaye muri 2018 agaragaza ko yakubise umusore kandi afata umukobwa mu ijosi mu myigaragambyo y’abakozi yo muri Gicurasi i Paris.

Uwahoze ari bouncer yari yambaye ingofero ya polisi, nubwo yari yarahawe uruhushya rwo kwitabira imyigaragambyo nk’indorerezi.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *