Ubushinjacyaha bwa Madagascar kuri uyu wa 15 Ukuboza 2021 bwasabiye igifungo cya burundu abantu batanu bushinja gutegura umugambi guhirika ubutegetsi bwa Perezida Andry Rajoelina.
Abasabiwe iki gihano barimo Abafaransa babiri: Philippe François wabaye mu ngabo z’u Bufaransa afite ipeti rya Colonel na Paul Rafanoharana ukomoka muri Madagascar.
Nk’uko tubikesha Le Monde, Umushinjacyaha Mukuru, Arsène Rabe yabwiye urukiko ko Colonel François, Rafanoharana n’abandi 18 bagize agatsiko kari gafite umugambi wo kugaba igitero kuri Perezida Rajoelina.
Kuri aba bombi, uyu Mushinjacyaha yavuze ko bateguye igikorwa bise Apollo 21 cyari kigamije gukusanya inkunga zirimo amafaranga n’intwaro (byarafashwe) byagombaga kwifashisha mu kunoza umugambi.
Abaregwa ntabwo bemera iki cyaha, ariko Umushinjacyaha yavuze ko kwiregura kwabo kutagahawe ishingiro bitewe n’uko kuva batangira kuburanishwa banyuranya indimi.
Muri Nyakanga 2021 ni bwo Leta ya Madagascar yatangaje ko yataye muri yombi abo ikekaho gutegura umugambi wo guhirika ubutegetsi bwa Perezida Rajoelina.


