Abapolisi babiri ba Uganda bishwe imbunda zabo ziribwa mu gitero abantu bane bitwaje intwaro bagabye kuri station ya polisi mu Karere ka Kiboga saa moya n’igice z’ijoro kuri uyu wa Kane.
Umuvugizi wa polisi muri Wamala. Racheal Kawalla, yavuze ko abapolisi bishwe ari Cpl Francis Nsubuga na SPC Paul Ddimba.
Ati “Ibimenyetso byerekana ko abo bapolisi bagabweho igitero bicaye ku biro bya polisi, n’agatsiko k’abantu bane bitwaje imbunda, bambaye imyenda ya gisivili. Iyi ni inshuro ya kabiri igitero nk’iki kibaye mu gihe cy’iminsi icyenda, kibasira abapolisi n’imbunda zabo. Twohereje amakipe yacu yo mu mutwe wa Flying squad, kugira ngo dufatanye na polisi yo mu karere kandi tumenye ko abakekwa bamenyekana kandi bashyikirizwe ubutabera”.
Impamvu y’iki gitero ntabwo iramenyekana nk’uko iyi nkuru dukesha Daily Monitor ivuga.
Ku itariki ya 7 Ukuboza, abapolisi babiri, Cpl Alfred Okech na Constable Moses Kigongo, barashwe n’abagizi ba nabi batwaye imbunda zabo nabwo.
Mu mezi ane ashize, imbunda umunani zimaze kwibwa abapolisi, ebyiri muri zo gusa ni zo zimaze kuboneka.


