Abagize akanama gashinzwe uburenganzira bw’ikiremwamuntu k’Umuryango w’Abibumbye byateganyijwe ko kuri uyu wa 17 Ukuboza 2021 baterana kugira ngo barebe niba byashoboka ko bashyiraho itsinda rikora iperereza ku byaha ingabo za Ethiopia zishinjwa gukorera abasivili mu ntara ya Tigray.
Ni nyuma y’aho imiryango mpuzamahanga iharanira uburenganzira bw’ikiremwamuntu, Amnesty International na Human Rights Watch yunze mu ry’umutwe witwaje intwaro wa TPLF uharanira ubwigenge bwa Tigray n’aka kanama ubwako, nayo igasohora raporo ivuga ko aha hantu hakorewe ibyaha birimo: guhohotera abasivili, kubafunga no kubirukana ku ngufu aho batuye.
Ni nyuma kandi y’aho Umuryango w’Ubumwe bw’Uburayi, EU, wibukirije aka kanama ko gafite inshingano yo kurengera ikiremwamuntu, ugasaba gukurikirana abavugwaho kugira uruhare muri ibi byaha; ababizize bagahabwa ubutabera.
Ariko nk’uko BBC Swahili dukesha iyi nkuru yabitangaje, Leta ya Ethiopia ntishyigikiye igitekerezo cyo kohereza abakora iperereza muri Tigray, kuko ngo gishingiye ku nyungu za politiki, aho kuba ku nyungu z’ubutabera.
Ibi byaha biravugwa kuva mbere y’Ugushyingo 2020 ubwo intambara hagati ya TPLF n’ingabo za Leta yari itangiye mu buryo bweruye. Iyi ntambara iracyakomeje, aho buri ruhande rwigamba ko ruri mu nzira igana ku ntsinzi.


