Abanyamakuru batatu bo muri Ethiopia baherutse gutabwa muri yombi bazira kugirana ibiganiro n’umutwe w’itwaje intwaro urwanya ubutegetsi wa OLA w’ubwoko bwa Oromo barashinjwa ibyaha byo kwamamaza iterabwoba.
Aba ni Amir Aman Kiyaro ukorera mu buryo budahoraho ibiro ntaramakuru by’Abanyamerika, Associated Press, umufotozi wigenga witwa Thomas Engida na Addisu Muluneh ukorera ikinyamakuru cya Leta, Fana.
Kuri Kiyaro, Julie Pace ushinzwe ibikorwa by’ubwanditsi muri Associated Press yasabye Leta ya Ethiopia kumurekura byihuse, kuko mu gukora inkuru kwe nta kubogama agaragaza. Yagize ati: “Ibi birego nta shingiro bifite. Kiyaro ni umunyamakuru wigenga wakoze umurimo w’ingenzi muri Ethiopia ku mpande zombi zifitanye amakimbirane.”
Kuri Muluneh ukorera Fana, Umuyobozi w’iki kinyamakuru Admasu Damtew yavuze ko itabwa muri yombi rye n’icyaha ashinjwa ntaho bihuriye nabo.
Aba banyamakuru batawe muri yombi mu mpera z’Ugushyingo 2021, mu gihe Minisitiri w’Intebe Abiy Ahmed yari yarashyizeho ibihe bidasanzwe mu gihugu cyose, abanyamakuru bose babuzwa gutara no gutangaza amakuru y’intambara iri kuba hagati y’ingabo za Leta n’imitwe yitwaje intwaro, basabwa guharira iyi nshingano Leta gusa.
Kubuza abanyamakuru gutangaza aya makuru kwakurikiranye n’atandukanye yari amaze igihe atangazwa, Leta yemeza ko yari ibinyoma cyangwa se akaba abogamiye ku mitwe yitwaje intwaro irwanya ubutegetsi irimo TPLF iharanira ubwigenge bw’intara ya TPLF na OLA.


