Beni: UPDF yishe abarwanyi babiri ba ADF, umusirikare wayo arakomereka

Sangiza iyi nkuru

Igisirikare cya Uganda, UPDF kivuga ko cyiciye abarwanyi babiri b’umutwe w’iterabwoba wa ADF muri Teritwari ya Beni mu Ntara ya Kivu y’Amajyaruguru muri Repubulika ya Demukarasi ya Congo, umusirikare wacyo umwe na we arakomereka.

UPDF ivuga ko byabaye kuri uyu wa 20 Ukuboza 2021 nyuma y’ibindi bitero iherutse kugaba ku birindiro bitatu by’uyu mutwe muri Teritwari ya Beni birimo: Kambi ya Jua, Tondoli na Kahinama.

Kuri uyu munsi, ivuga ko abasirikare bayo barwanye banirukankana itsinda ry’abarwanyi ba ADF ryari mu majyepfo y’uburengerazuba bwa Kambi ya Jua, bicamo babiri, bafata n’imbunda yabo imwe ya mashinigani (PKM) irimo ifite amasasu 300.

Iti: “Ku bw’ibyago, umusirikare umwe wa UPDF yakomeretse, arafashwa, ubu ntacyo aba.”

Iki gisirikare cyatangije ibitero kuri ADF tariki ya 30 Ugushyingo 2021. Mu gihe cyemeza ko cyamaze gusenya ibirindiro byose by’uyu mutwe witwaje intwaro muri Teritwari ya Beni no mu Ntara ya Ituri, kiravuga ko gikomeje ibikorwa byo gushakisha abarwanyi b’uyu mutwe bahunze kugira ngo bafatwe.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *