Ikipe ya Rayon Sports yafashe umwanya wa kabiri by’agateganyo ku rutonde rwa shampiyona, nyuma yo gutsinda Police FC igitego 1-0.
Amakipe yombi yari yahuriye mu mukino w’ishiraniro w’umunsi wa 10 wa shampiyona wabereye kuri Stade ya Kigali i Nyamirambo.
Ni umukino waranzwe no gusatirana gukomeye ku mpande zombi, gusa birangira Rayon Sports ari yo icyuye amanota atatu.
Igitego cyo ku munota wa 74 w’umukino cy’umunya-CamĂ©roun Willy Essombe Onana utaragaragaye mu mukino Rayon Sports iheruka gutsindwamo AS Kigali ibitego 2-1, ni cyo cyafashije iyi kipe kuraza neza abafana bayo.
Ni ku mupira mwiza yari ahawe n’umunya-Maroc, abanza gucenga umunyezamu wa Police FC na myugariro wayo Moussa Omar mbere yo kuwutereka mu ncundura.
Gutsinda uyu mukino byatumye Rayon Sports ifata umwanya wa kabiri n’amanota 18, ikaba irushwa abiri na Kiyovu Sports ya mbere igomba kwisobanura na Espoir FC.
Rayon Sports irarusha inota rimwe mukeba wayo APR FC iyikurikiye, n’ubwo yo igifite imikino itatu y’ibirarane.


