Komisiyo Nkuru ya Libya ishinzwe amatora kuri uyu wa 22 Ukuboza 2021 yafashe icyemezo cyo kwegeza inyuma ho ukwezi amatora ya Perezida w’iki gihugu.
Aya matora byari biteganyijwe ko azaba ku wa Gatanu tariki ya 24 Ukuboza, ariko Komisiyo y’amatora ivuga ko bitashoboka kubera ko itarasohora urutonde ndakuka rw’abakandida bemerewe kwiyamamaza ngo batorwe.
Bitewe n’iyi mpamvu, byatumye iyi komisiyo ijya inama n’abagize Inteko Ishinga Amategeko, bemeza indi tariki. Yabisobanuye iti: “Komisiyo yifatanyije n’Inteko Ishinga Amategeko byasubitse amatora y’Umukuru w’Igihugu, biyimurira ku itariki ya 24 Mutarama 2022.”
Kuva mu 2011 ubwo Col. Muammar Gaddafi wari umaze imyaka 40 ayobora iki gihugu yicwaga, Libya iracyayoborwa n’umuyobozi na Perezida w’inzibacyuho.
Umuhungu wa Gaddafi witwa Saif iyi komisiyo yabanje kwangira kandidatire ye ni umwe mu banyembaraga bitezwe mu matora nyuma y’aho urukiko rumwemereye kwiyamamaza.


