Mu ijoro ryo kuri uyu wa 22 Ukuboza 2021 muri Zone ya Bwiza, Komini Mukaza mu Ntara ya Bujumbura, abantu barenga 10 bakomeretse nyuma yo guterwa gerenade n’umuntu utaramenyekana.
Urubuga SOS ruvuga ko iyi gerenade yatewe mu masaa mbiri hafi y’icyumba gisobanurirwamo filimi n’iguriro ry’inyama z’ingurube, bikavugwa ko hari abantu benshi muri ako kanya.
Uwabonye inkomere yabwiye uru rubuga ati: “Njyewe nahageze mbere y’uko Polisi ihagera. Nabaze inkomere 17. Biteye ubwoba.”
Umuyobozi wa Komini Mukaza, Rénovat Sindayihebura yatangarije Radiyo na Televiziyo Isanganiro ko nta wapfiriye muri iki gitero kandi n’abakomeretse bose uko ari 10 bidakabije.


