Kabila ashobora kurega ibinyamakuru byamuvuzeho kunyereza miliyoni z’Amadolari

Sangiza iyi nkuru

Abanyamategeko bunganira Joseph Kabila wabaye Perezida wa Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC) bavuga ko ashobora kurega ibinyamakuru mpuzamahanga byatangaje ko yanyereje umutungo wa Leta ubarirwa muri miliyoni z’Amadolari ya Amerika.

Babivugiye mu kiganiro bagiranye n’abanyamakuru kuri uyu 23 Ukuboza 2021, basubiza kuri ibi birego byasohotse mu nkuru icukumbuye yahawe izina rya Congo Hold-up yasohotse mu Gushyingo 2021.

Iyi nkuru yifashishije ibimenyetso birimo inyandiko zirenga miliyoni, yavuze ko ubwo Kabila yari ku butegetsi, abagize umuryango we bakiriye kuri konti zabo zo muri banki yitwa BGFI (Banque Gabonaise et Française Internationale) za miliyoni z’amadolari zaturutse mu kigega cy’imari ya Leta, nyuma baza kuzikuraho.

Ibi byose ngo byabaye mu gihe BGFI yayoborwaga na Francis Selemani (2012-2018) wareranywe na Joseph Kabila, mushiki wa Kabila witwa Gloria Mteyu we akaba yari afite imigabane 40% mu ishami ry’iyi banki muri RDC, gusa iyi banki yarabihakanye.

Iyi nkuru imaze gusohoka, Umuvugizi wa Guverinoma ya RDC, Patrick Muyaya yamenyesheje itangazamakuru ko Minisitiri w’Ubutabera yategetse ko hakorwa iperereza, gusa yongeraho ko ubucukumbuzi bw’ibinyamakuru butashingirwaho mu kwemeza ukuri kuko butandukanye n’iperereza rikorwa n’inzego zishinzwe ubutabera.

Yagize ati: “Minisitiri w’Ubutabera yandikiye ubushinjacyaha tariki ya 20 Ugushyingo, abusaba gukora iperereza kubera ko nka guverinoma ntabwo twaceceka kuri ibi birego. Ubwo igihe nikigera, ubutabera buzakora akazi kabwo. Abarebwa nabyo bazahamagarwa kugira ngo batange amakuru kuko ni ngombwa gutandukanya iperereza ry’itangazamakuru n’iry’ubutabera.”

Me Raphaël Nyabirungu uri mu bunganira Kabila, yavuze ko ibikubiye muri iyi nkuru ari ibinyoma bidafite ishingiro, bigamije gusebya uyu munyapolitiki nk’umwenegihugu n’umunyacyubahiro wabaye Umukuru w’Igihugu.

Yagize ati: “Aya makuru yatangajwe n’ibinyamakuru mpuzamahanga muri Repubulika ya Demukarasi ya Congo no ku Isi yose nta shingiro afite, ahubwo arasebanya kubera ko nta kimenyetso gifatika cyagaragajwe n’abayatangaje. Mu bijyanye n’amategeko, aya makuru agabanya icyubahiro cy’umukiriya wacu n’icyizere asanzwe afitiwe. Ikindi ni amakuru atesha agaciro yakwirakwiye mu byumweru byinshi, azamura ibibazo…”

Uyu munyamategeko yaboneyeho kuvuga ko umukiriya we afite uburenganzira bwo kurega ibi binyamakuru. Yagize ati: “Ni yo mpamvu nyuma yo kuvutswa mu buryo bukomeye kandi nkana uburenganzira bwe bw’ibanze nk’umuturage, umukiriya wacu afite uburenganzira bwo kwitabaza inzego z’ubutabera zibifitiye ububasha, zaba izo muri RDC cyangwa mu mahanga kugira ngo ubutabera bukore.”

Yakomeje ati: “Nyuma yo gusoma ibikubiye mu nkuru nk’uko byatangajwe kandi bigaragara ko atari ukuri, byibasira icyubahiro cya Perezida wa Repubulika w’icyubahiro, byongeye kandi bikaba byatuma rubanda imutakariza icyizere, itsinda ry’abavoka ryasuzumye uburyo bwose bwo kujyana iki kirego mu nkiko.”

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *