Mu ijoro ryo kuri uyu wa 25 Ukuboza 2021, abantu bivugwa ko bizihirizaga umunsi mukuru wa Noheli mu kabari kitwa Inbox gaherereye muri Teritwari ya Beni, Intara ya Kivu y’Amajyaruguru muri Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC), abantu 6 baguye mu gitero cy’ubwiyahuzi, abandi benshi barakomereka.
Mu masaa tatu y’ijoro ni bwo Umuvugizi wa Guverinoma ya RDC, Patrick Muyaya yatangaje ko umwiyahuzi[bivugwa ko yari kuri moto) yiturikirije hafi y’aka kabari, kandi ko hari abantu bahapfiriye n’abahakomerekeye ariko avuga ko imibare itaramenyekana.
Mu kiganiro yaje kugirira ku gitangazamakuru cy’igihugu, RTNC, Minisitiri Muyaya yatangaje ko abapfiriye muri iki gitero ako kanya ari batandatu, mu gihe abandi babarirwa mu 10 barimo abayobozi bungirije ba Komini Mulekela na Rwenzori bakomeretse.
Yagize ati: “Abatari munsi ya 6 bapfuye. Harimo ababarirwa mu 10 barimo ba Burugumesitiri bungirije. Ndatekereza ari aba Komini Murekera na Rwenzori, bombi bahise bajyanwa ku bitaro rusange bya Beni.”
Umuvugizi wa Guverineri wa Kivu y’Amajyaruguru, na we yemeje iyi mibare ati: “Batandatu bapfuye barimo umwiyahuzi, kandi abantu 13 bakomereetse. Imibare y’igisasu cyaturikiye i Beni ku munsi wwa Noheli muri iri joro iracyari iy’agateganyo. Mu bakomeretse harimo ba Burugumesitiri babiri bungirije ba Komini Murekera na Rwenzori.”
Iki gitero cyamaganwe na Perezida wa RDC, Félix Tshisekedi, wasezeranyije ababuze ababo ko abacyihishe inyuma barashakishwa, bakakiryozwa. Yanaboneyeho kubihanganisha.
Birakekwa ko umutwe w’iterabwoba wa ADF uri guhigwa bukware n’ingabo za RDC zifatanyije n’iza Uganda uri inyuma y’iki gitero.


