RDC: Umuyobozi w’inyeshyamba yishwe inka hafi 100 zari zasahuwe ziragaruzwa

Sangiza iyi nkuru

Umuyobozi w’inyeshyamba, ushinzwe ibikorwa bya Mai-Mai Buhirwa, yiciwe muri Uvira muri Kivu y’Amajyepfo yishwe n’ingabo za Repubulika ya Demokarasi ya Congo (FARDC) mu ijoro ryo ku wa Gatanu rishyira ku wa Gatandatu, itariki 25 Ukuboza 2021, naho inka hafi 100 ziragaruzwa.

Mu itangazo rigenewe abanyamakuru ryashyizwe ahagaragara kuri uyu wa Gatandatu, Major Dieudonné Kaseraka yavuze ko uyu muyobozi w’inyeshyamba yarasiwe mu gikorwa cyo kugaruza inka zasahuwe n’itsinda rye.

Yagaragaje ko muri iki gikorwa, abasirikare bo muri régiment ya 3304 bashoboye kugarura inka 97 zari zarasahuwe hafi ya Luvungi. Yavuze ko izo nka zashyikirijwe ba nyirazo nk’uko iyi nkuru dukesha 7sur7.cd ivuga.

Dieudonné Kaseraka yongeraho ko abandi barwanyi 4 n’umusirikare umwe mu Ngabo za Repubulika ya Demokarasi ya Congo (FARDC) bakomeretse.

Iyi nkuru ikaba isoza ivuga ko kwiba amatungo kw’inyeshyamba bimaze kuba akamenyero muri iki gice cya Kivu y’Amajyepfo, ariko igisirikare cya leta nacyo kikaba kigerageza kuyakurikirana no kuyasubiza ba nyirayo.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *