Umusaruro w’ubukungu ku Isi uzarenga tiriliyoni 100 z’amadorari ku nshuro ya mbere umwaka utaha kandi bizatwara u Bushinwa igihe gito cyane kuruta uko byari byatekerejwe ngo burenge Amerika buze ku mwanya wa mbere nk’uko Raporo yabyerekanye ku Cyumweru.
Ikigo Cebr, cy’ubujyanama mu by’ubukungu na business cyo mu Bwongereza cyahanuye ko u Bushinwa buzahinduka ubukungu bwa mbere ku Isi mu bijyanye n’idolari mu 2030, imyaka ibiri nyuma ugereranije n’uko byari byateganijwe muri raporo ya World Economic League Table y’umwaka ushize.
Cebr yavuze ko u Buhinde busa nk’aho buzarenga u Bufaransa umwaka utaha ndetse bukazarenga u Bwongereza mu 2023 kugira ngo busubire ku mwanya wa gatandatu mu bukungu ku Isi nk’uko iyi nkuru dukesha Reuters ivuga.
Umuyobozi wungirije wa Cebr, Douglas McWilliams, yagize ati: “Ikibazo gikomeye mu myaka ya za 2020 ni uburyo ubukungu bw’Isi buhangana no guta agaciro k’ifaranga, ubu kumaze kugera kuri 6.8% muri Amerika.”
“Turizera ko guhindura ibintu mu buryo bworoheje bizajya bihindura ibintu bitari inzibacyuho. Niba atari byo, Isi izakenera kwihagararaho kugira ngo ihungabana mu 2023 cyangwa 2024.”
Baragira bati “Turizera ko guhindura ibintu byoroheje bizadufasha kugenzura ibintu bitari iby’igihe gito. Bitabaye ibyo, Isi igomba kwitegura gusubira inyuma muri 2023 cyangwa 2024.”
Raporo yerekanye ko u Budage buri mu nzira yo kurenga u Buyapani mu bijyanye n’umusaruro w’ubukungu mu 2033. U Burusiya bushobora kuza mu bihugu 10 bya mbere mu bukungu mu 2036 naho Indonesia irareba umwanya wa cyenda mu 2034.


