img-20211230-wa0034.jpg

Shampiyona y’u Rwanda yahagaritswe kugeza igihe kitazwi

Sangiza iyi nkuru

Minisiteri ya Siporo kuri uyu wa Kane yatangaje amabwiriza mashya yo guhangana n’icyorezo cya COVID-19, nyuma y’ubwiyongere bukabije bw’imibare y’abandura iki cyorezo mu gihugu.

Amabwiriza mashya yashyizweho na Minisitiri wa Siporo, Aurore Mimosa Munyangaju, azatangira kubahirizwa ku wa Gatandatu tariki ya 01 Mutarama 2022, akazamara iminsi 30.

Imwe mu ngingo iyakubiyemo ivuga ko “Imyitozo y’amakipe ndetse n’amarushanwa bigengwa n’ingaga za siporo birasubitswe.”

Ibi bivuze ko shampiyona zitandukanye zakinwaga zirimo n’iy’icyiciro cya mbere yari igeze ku munsi wa 11 zasubitswe.

Minisiteri ya Siporo cyakora cyo yavuze ko amakipe y’igihugu na Clubs bari kwitegura imikino mpuzamahanga bagomba gukomeza imyitozo ariko ikabera mu muhezo.

Ibi bivuze ko ikipe y’igihugu ‘Amavubi’ igomba gukomeza imyitozo yayo yitegura umukino wa gicuti ifitanye na GuinĂ©e Conakry.

img-20211230-wa0034.jpg

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *