Imyaka 8 irashize Col. Mamadou Ndala wazengereje M23 yishwe

Sangiza iyi nkuru

Muri Repubulika ya Demukarasi ya Congo by’umwihariko mu gisirikare cyaho, FARDC, baribuka imyaka umunani (8) ishize umusirikare wabo Colonel Mamadou Mustapha Ndala wagaragaje ishyaka ridasanzwe mu kurwanya imitwe yitwaje intwaro mu burasirazuba bw’igihugu yishwe.

Col. Ndala wigeze kuyobora Batayo ya 42 y’abakomando bari bashinzwe ubutabazi bwihuse, yaguye mu mutego w’abantu bikekwa ko ari abarwanyi b’umutwe w’iterabwoba wa ADF tariki ya 2 Ukuboza 2014, bamwicana n’abarinzi be babiri ubwo bari bageze mu gace ka Erengeti mu Ntara ya Kivu y’Amajyaruguru.

Bivugwa ko icyo gihe yari mu modoka ya Jeep, avuye muri hoteli yitwa Albertine muri Teritwari ya Beni, yitegura kugaba ibitero kuri uyu mutwe w’iterabwoba, araswa igisasu cya roketi.

Yazengereje abarwanyi ba M23

Col. Ndala yamamaye cyane ubwo yayoboraga ibitero byo kurwanya umutwe witwaje intwaro wa M23 washinzwe mu 2012, kugeza ubwo abari bawugize barambikaga intwaro, bagahungira mu bihugu by’ibituranyi.

Mu bitero bikomeye azwiho harimo icyo yari afatanyije n’ingabo za MONUSCO bagabye kuri M23 mu gace ka Kibati, Kibumba na Rumangabo ndetse na Bunagana mu Kwakira 2013, abarwanyi b’uyu mutwe barahunga.

Gen. Jean Lucien Bahuma wayoboraga akarere ka gisirikare ka 8 yatangaje ko mu mirwano yahuje abasirikare bari bayobowe na Col. Ndala hamwe n’aba M23 kuva muri Gicurasi kugeza mu Gushyingo 2013, hapfuye abarenga 900 n’aba MONUSCO batatu.

Yagize ati: “Kuva tariki ya 20 Gicurasi kugeza ku ya 5 Ugushyingo, abasirikare 201 ba FARDC barapfuye, 680 barakomereka. Ni mu gihe abarwanyi 721 ba M23 bapfuye, 543 bafatwa mpiri.”

M23 nyuma y’igihe kirekire irambitse intwaro yongeye kuvugwa muri Teritwari ya Rutshuru muri Kivu y’Amajyaruguru. Ingabo za RDC zirayishinja kugaba ibitero ku birindiro byazo.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *