Kuri iki Cyumweru, abashinzwe kuzimya umuriro bahanganye n’inkongi y’umuriro yibasiye inyubako y’Inteko Ishinga Amategeko ya Afurika y’Epfo muri Cape Town.
Umwotsi wijimye hamwe n’umuriro byagaragaye bituruka mu nyubako mu mujyi rwagati.
Uhagarariye inzego zishinzwe kuzimya umuriro n’ubutabazi muri uyu mujyi yabwiye AFP ati: “Igisenge cyafashwe n’umuriro kandi inyubako y’Inteko ishinga amategeko nayo irashya”.
Mu gitondo yakomeje agira ati: “Inkongi y’umuriro ntiragenzurwa kandi havuzwe gusaduka kw’inkuta z’inyubako.”
Nta bantu bakomerekeye muri iyo nkongi y’umuriro nk’uko byatangajwe n’abashinzwe umutekano.
Abashinzwe kuzimya umuriro barenga 35 barimo guhangana n’umuriro, bigaragara ko ubangamiye igisenge cy’inyubako.
Inkongi y’umuriro yibasiye inyubako y’inteko ishinga amategeko ahagana mu ma saa cyenda za mu gitondo ku isaha ngengamasaha ya GMT nk’uko bitangazwa na Euronews. Mu gitondo cya kare, umuriro n’umwotsi byagaragaye hejuru y’inyubako abatuye Cap Town bafata amafoto bayakwirakwiza ku mbunga nkoranyambaga.

Muri iyi nyubako nini ya Victorian, yubatswe n’amatafari atukura, ni ho perezida wa nyuma wa Apartheid, FW de Klerk, uherutse gupfa, yatangaje ko ubutegetsi bw’ivanguramoko burangiye muri Gashyantare 1990.
Minisitiri ushinzwe ibikorwa remezo bya leta, Patricia de Lille, wahoze ari Meya wa Cape Town, yavuze ko inkongi ahakorera Njyanama z’intara yahagaritswe ariko Inteko ishinga amategeko ikomeje gushya


