Museveni yahishuye ko hari abasirikare ba Uganda baherutse gupfira muri RDC

Sangiza iyi nkuru

Perezida wa Repubulika wa Uganda akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’ingabo z’iki gihugu, Yoweri Museveni, yahishuye ko hari abasirikare babiri mu bagiye kurwanya umutwe w’iterabwoba wa ADF baherutse gupfira muri Repubulika ya Demukarasi ya Congo, RDC.

Museveni yabivugiye mu ijambo ritangira umwaka mushya w’2022 yagejeje ku batuye muri Uganda kuri uyu wa 1 Mutarama.

Yavuze ko abarwanyi ba ADF benshi biciwe mu bitero ingabo za Uganda zayigabyeho ku birindiro bitandukanye birimo ibiri ku kiraro cya Semiliki no kuri Kambi ya Yua, ibirindiro bikuru by’uyu mutwe.

Ku ruhande rw’ingabo za Uganda, ngo nta musirikare wabo n’umwe wigeze wicwa n’abarwanyi ba ADF, aba babiri bapfuye bakaba barishwe n’intwaro zabo bwite.

Museveni ati: “Muri ibi bitero, nta musirikare n’umwe wa UPDF wishwe n’umwanzi. Aba basirikare babiri bapfuye, Pte Lugingi Nicolas na Pte Kapyulaka Mustafa bishwe n’impanuka biteye. Umwe yishwe na RPG yari ilodinze inakokinze, undi yicwa n’imbunda za MGL(Multiple Grenade Launchers) zarashwe ari hagati mu ishyamba.”

Yasabye abarwanyi ba ADF kurambika intwaro, cyangwa se ingabo zabo zigakomeza kubahiga, ngo n’ubwo bazahungira Kisangani cyangwa kure yahoo.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *