Haratekerezwa gutangira gukingira abana b’imyaka 12 vuba aha

Sangiza iyi nkuru

Mu gihe hari bamwe mu Banyarwanda bagiseta ibirenge mu bijyanye no kwikingiza basaba leta kubaha umwanya wo kubanza kubitekerezaho ahanini bashingiye ku myemerere yabo, kuri ubu guverinoma yo iravuga ko vuba aha n’abana b’imyaka 12 bagiye gutangira gukingirwa.

Intego ya Guverinoma y’u Rwanda ni kuba yamaze gukingira abaturage bagera kuri 70% mbere y’ukwezi kwa 6 uyu mwaka. Iyi ntego ni nayo ishami ry’umuryango w’abibumbye rishinzwe ubuzima OMS aho risaba ibihugu kuzaba byakingiye 70 ku ijana mbere y’ukwezi kwa 6 uyu mwaka.

Dr Sibomana Hassan ushinzwe Ibikorwa by’ikingira mu Kigo cy’igihugu gishinzwe ubuzima, RBC, yabwiye Ijwi ry’Amerika ko iyi ntego u Rwanda ruzaba rwayigezeho. Uyu muganga avuga ko hatekerezwa mu gihe cya vuba kuba hakingirwa n’abana bato bari munsi y’imyaka 12.

Hagati aho ariko haracyari bamwe mu baturage bagaragaza kudashaka gufata izo nkingo, bagasaba Leta ko yabaha umwanya bakabanza kubitekerezaho, aho abenshi bagaragaza ko binyuranye n’imyemerere yabo.

Mu Rwanda abantu bagera kuri Miliyoni 7 .722.485 ni bo bari bamaze guhabwa doze ya mbere y’urukingo kugeza kuri uyu wa Kabiri ushize, naho abagera kuri Miliyoni 5.528.620 bo bamaze gubawa doze zose z’urukingo, mu gihe abasaga ibihumbi 200 ari bo bamaze guhabwa urukingo rwa gatatu rwo gushimangira.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *