Leta y’ u Rwanda ivuga ko igiye kujya ifunga by’agateganyo inyubako zaba izayo cyangwa iz’abantu ku giti cyabo, bizajya bigaragara ko zabonetsemo umubare munini w’abanduye Covid-19. Ibi biri mu itangazo ryavuye mu Biro bya Minisitiri w’Intebe kuri uyu wa 7 Mutarama 2022, rigaruka ku mabwiriza avuguruye yo kwirinda Covid-19. Muri iri tangazo, ingingo ya g, iragira iti ” (…), Minisiteri y’Ubuzima ishobopra gufunga by’agateganyo inyubako za Leta cyangwa iz’abikorera mu gihe bigaragaye ko habonetsemo umubare munini w’abanduye Covid-19.” Kugera mu rugo ni saa yine z’ijoro mu gihe ibikorwa bisanzwe byemerewe gukora bigomba gufunga saa tatu havuyemo utubari tugomba gufunga saa mbiri z’umugoroba. Abanyarwanda bakanguriwe gukomeza kubahiriza amabwiriza yose yo kwirinda Covid-19.
Kuva mu rugo ni saa kumi za mu gitondo.




