France: Imyigaragambyo nyuma y’aho Macron avugiye ko abatarakingiwe bazagorwa n’ubuzima

Sangiza iyi nkuru

Abigaragambya bagiye mu mihanda hirya no hino mu Burayi bw’iburengerazuba mu rwego rwo kwamagana kubazwa niba barikingije COVID-19 mbere yo kugira icyo bakora cyangwa aho binjira, aho abantu barenga 100.000 bateranye mu Bufaransa bonyine kugira ngo bamagane icyo bise gahunda ya guverinoma yo kubuza uburenganzira abatarakingiwe.

Kuwa Gatandatu, mu murwa mukuru w’u Bufaransa, Paris, abigaragambyaga, benshi muri bo batambaye udupfukamunwa, batinyutse imbeho n’imvura, bitwaje ibyapa byanditseho “Ukuri”, “Ubwisanzure” na “Oya kuri pass y’urukingo”.

Bamwe kandi bibasiye Perezida Emmanuel Macron, wateje urunturuntu mu cyumweru gishize ubwo yavugaga ko ashaka kubuza amahoro abatarakingiwe bigatuma ubuzima bwabo bugorana cyane kugeza bikingije.

Abigaragambyaga nabo bakoresheje ururimi rwe, baririmba bati: “Tuzagukuraho”.

Iyi myigaragambyo ibaye mu gihe mu Bufaransa habaruwe abantu barenga 300,000 banduye virusi ya COVID-19 ku munsi umwe wo ku wa Gatanu kandi ku wa kane inteko ishinga amategeko y’igihugu yemeje umushinga w’itegeko rya leta risaba abantu kwerekana ko bakingiwe byuzuye mbere yo kwinjira aho kurira, gutembera muri gari ya moshi cyangwa kwitabira ibirori.

Guverinoma yavuze ko iteganya ko ibisabwa bishya bizashyirwa mu bikorwa bitarenze ku ya 15 Mutarama, nubwo abasenateri bashobora gutinza iki gikorwa nk’uko iyi nkuru dukesha Aljazeera ivuga.

Minisiteri y’umutekano y’u Bufaransa yavuze ko abantu 105.200 bitabiriye imyigaragambyo yo ku wa Gatandatu mu Bufaransa, 18.000 muri bo mu murwa mukuru Paris, aho abapolisi batangaje ko hatawe muri yombi 10 n’abapolisi batatu bakomeretse byoroheje.

Ahandi hose hari abantu 24 batawe muri yombi n’abapolisi barindwi bakomeretse byoroheje nk’uko minisiteri ibitangaza.

Indi myigaragambyo nk’iyi yo kwamagana gusabwa icyemezo cy’uko wikingije kugirango ugire aho ujya kandi mu Burayi yabereye muri Autrichia, aho yitabiriwe n’abasaga 40,000 I Vienne, ndetse no mu Mujyi wa Hambourg mu Budage bagera ku 16,000.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *