Mu buryo bugoranye ikipe ya Real Madrid yageze ku mukino wa nyuma wa Supercopa ya Espagne nyuma yo gutsinda mukeba wayo FC Barcelone 3-2, umukino byasabye ngo hongerweho iminota mirongo itatu nyuma yaho isanzwe yarangiye amakipe yombi ananiwe kwisobanura
Ikipe ya Real Madrid itozwa na Carlo Ancelotti, niyo yabonye igitego mbere, k’umupira rutahizamu Karim Benzema yahaye Vinicius Jr ubwo hari k’umunota wa 25. FC Barcelone itozwa na Xavi Hernandez yaje kwishyura igitego gitsinzwe na Luuk de Jong ku munota wa 41, k’umupira yarahawe na Ousmane Dembe’le’.
Benzema wari wazengereje abakinnyi bakina inyuma ba FC Barcelone yaje kubonera Real Madrid igitego cya kabiri k’umunota wa 72. Gusa nanone FC Barcelone ntiyatinze kwishyura kino gito kuko ibifashijwemo na Ansu Fati waje kwishyura kino gitego k’umunota wa 85 w’umukino k’umupira waruvuye muri koruneri.
Igitego gikemura impaka kandi cy’itsinzi ku ruhande rwa Real Madrid cyabonetse k’umunota wa 98 gitsinzwe na Federico Valverde wari winjiye mu kibuga asimbura kuri uyu mukino waberaga muri Arabia Saoudite.
Gutsinda kwa Real Madrid byayihesheje itike yogukina umukino wa nyuma w’iki gikombe kiruta ibindi muri Eapagne, aho izakina hagati y’izatsinda mu makipe ya Atle’tico Madrid na Athletic Bilbao mu wundi mukino uzabahuza kuri uyu wa kane.
Elade Mahirwe


