Perezida wa Repubulika ya Zimbabwe, Emmerson Mnangagwa kuri uyu wa 13 Mutarama 2022 yagiye mu kiruhuko cy’ibyumweru bitatu.
Itangazo ryaturutse mu biro by’Umukuru w’Igihugu bisobanura ko Perezida Mnangagwa asimburwa na Visi Perezida wa mbere, Gen (Rtd) Constantino Chiwenga.
Perezida Mnangagwa azasubira mu kazi tariki ya 5 Gashyantare 2022.
Uyu Mukuru w’Igihugu yaherukaga mu kiruhuko muri Mutarama 2020.
Inkuru y’igihe aherukira mu kiruhuko https://bwiza.com/?Perezida-wa-Zimbabwe-yagiye-mu-kiruhuko-asiga-abantu-babiri-bo-kumusimbura


