Guverinoma ya Ethiopia yongeye kwikoma umuyobozi wa OMS

Sangiza iyi nkuru

Umuyobozi mukuru wa OMS, Tedros Adhanom Ghebreyesus, wahoze ari na minisitiri w’ubuzima wa Ethiopia na minisitiri w’ububanyi n’amahanga, yatangaje ko mu ntangiriro z’iki cyumweru imfashanyo zabujijwe kwinjira mu karere avukamo ka Tigray, aho inyeshyamba zaho zirwana na guverinoma.

Ku wa Kane, Ethiopia ikaba yarahise imwamagana igira iti: “Imyitwarire ya Tedros Adhanom, mu myifatire, amategeko ndetse n’ubunyamwuga bye bibangamiye imikorere ya OMS.”

Yakomeje igira iti “Yakwirakwije amakuru atari yo kandi yangiza izina rya OMS, ubwigenge, no kwizerwa bigaragarira kubyo ashyira ku mbuga nkoranyambaga ze.”
OMS ntabwo yahise isubiza icyifuzo cyo gutanga ibisobanuro nk’uko bitangazwa na Reuters dukesha iyi nkuru.

Umuyobozi w’ingabo za Ethiopia yari yarigeze gushinja Tedros gushaka gushakira intwaro n’ubufasha bwa dipolomasi umutwe w’inyeshyamba za Tigray People Liberation Front (TPLF) ariko abihakana yivuye inyuma.

Minisiteri y’ububanyi n’amahanga ya Ethiopia yavuze ko Tedros yananiwe kwerekana ubunyangamugayo n’ubunyamwuga kandi ko yari umunyamuryango wa TPLF, yayoboye politiki ya Ethiopia mu gihe cy’imyaka 30 mbere y’uko Minisitiri w’intebe, Abiy Ahmed, ajya ku butegetsi mu mwaka wa 2018.

Minisiteri yagize iti: “Tedros atera akanyabugabo TPLF mu byo avugira mu itangazamakuru kandi yishimira intsinzi za gisirikare z’umutwe, usibye kugaragaza uburakari aho avangura mu magambo avuga kumpungenge z’ibikorwa by’ubutabazi muri Ethiopia.”

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *