CAN: Amikoro macye yatumye ikipe y’igihugu ya Zimbabwe iturira indege ijya mu irushanwa

Sangiza iyi nkuru

Ikipe y’igihugu ya Zimbabwe yanze kurira indege yerekeza mu irushanwa rya CAN rigiye kubera mu gihugu cya Gabon mu minsi iri imbere, iyi kipe ikaba yari guhaguruka kuri iki cyumweru tariki ya 8 Mutarama 2017 aho yari guca mu gihugu cya Cameroun gukina umukino wa gicuti ikabona gukomeza.
[xyz-ihs snippet=”google-pub”]
Nk’uko bitangazwa n’ibitangazamakuru bitandukanye, iyi kipe ngo yanze guhaguruka ku kibuga kubera ikibazo cy’amikoro kiri muri federation y’igihugu ya ZIFA idafite ubushobozi bwo kwita kuri buri mukinnyi mu rugendo rwe yerekeza mu irushanwa.
Aya makuru avuga ko bamwe mu bakinnyi bari bahisemo kwitegera bakijyana abandi bakazabasangayo ariko bikarangira batabyumvikanyeho. Xolisani Gwesela ni umuvugizi wa ZIFA. Avuga ko bari gushakisha igisubizo mu buryo bwihuse mu gihe n’iminsi iri kugenda kandi abakinnyi bagomba kugerayo kare kugira ngo babashe kuba bamenyera.
Aba bakinnyi bavuga ko bafite ikibazo cy’umwenda w’agahimbazamusyi baberewemo na federation yabo kangana n’Amadolari ari hagati y’1000 n’ibihumbi 5 ndetse n’amadolari hagati y’100 na 500 kuri buri wese ku munsi agomba kuzabafasha aya yose akaba ataraboneka.
[xyz-ihs snippet=”google-pub”]
Iyi kipe yamaze gutangaza ko itari buve ku kibuga mu gihe cyose ubuyobozi bwayo butabageneye ibiteganywa byose bizabafasha mu rugendo ndetse no kubariha imyenda yose bafitiwe.
Ibi babikoze mu gihe iyi kipe isabwa kuba yamaze kugera muri hoteli igomba kubamo mu gihe kitarenze ku itariki ya 11 Mutarama 2017, mu gihe irushanwa ritegaanyijwe ku itariki ya 14, iyi kipe ikaba igomba kuzahura na Algeria kuwa 15.
Nsengimana@Bwiza.com

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *