Mancini yigeze no gutoza Balotelli muri Manchester City

Nyuma y’imyaka itatu, Mario Balotelli yongeye guhamagarwa mu ikipe y’igihugu y’ Ubutaliyani

Sangiza iyi nkuru

Umukinnyi w’ikipe y’igihugu y’Ubutaliyani Mario Balotelli, yongeye guhamagarwa mu ikipe y’igihugu nyuma y’imyaka irenga itatu, aho yagiriwe ikizere n’umutoza Roberto Mancini bitegura umukino wo gushaka itike y’igikombe cy’Isi, Ubutaliyani buzakina na Macedonia ya Ruguru muri Werurwe.

Umutoza w’ikipe y’igihugu y’Ubutaiyani yahamagaye abakinnyi 35, bagomba gutangira imyitozo bashaka itike yo gukina imikino ya nyuma y’igikombe cy’Isi kizabera muri Qatar uyu mwaka, muri bo harimo umukinnyi Mario Balotteli, wari umaze imyaka irenga itatu adahamagarwa mu ikipe y’igihugu, dore ko yaherukaga mu mwaka 2018.

Uyu mukinnyi w’imyaka 31, asigaye akinira ikipe ya Adana Demirspor yo muri Turkey, akaba amaze n’iminsi y’itwara neza muri iyi kipe kuko mu mikino 21 amaze gukina yabashije gutsinda ibitego 9 , bikaba ari byo bya muhesheje amahirwe yo kongera guhamagarwa mu ikipe y’igihugu.

 Mancini yigeze no gutoza Balotelli muri Manchester City
Mancini yigeze no gutoza Balotelli muri Manchester City

Usibye Balotelli kandi hahamagawe abandi bakinnyi bataha izamu nka Ciro Immobile,Giacomo Rapadori, Gianluca Scamacca na Joao Pedro. Mu gihe Ubutaliyani bwabasha kwikura imbere ya Macedonia ya Ruguru, bashobora kuzacakirana na Portugal nayo igishaka tike yo gukina igikombe cy’Isi.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *