Ikipe ya Rayon Sports yamaze kumvikana n’abakinnyi babiri bahoze bayikinira, barimo Umurundi Kwizera Pierrot na Bukuru Christophe wahoze akinira APR FC.
Pierrot wari umaze imyaka ibiri akinira ikipe ya AS Kigali, yakiniye Rayon Sports hagati ya 2015 na 2018, mbere yo kuyivamo yerekeza mu kipe ya Aloroubah Club yo muri Oman.
Amakuru avuga ko Pierrot yamaze kumvikana na Rayon Sports amasezerano y’imyaka ibiri ashyiraho umukono kuri uyu wa Gatanu.
Uyu mukinnyi wagaragaye mu mukino w’umunsi wa 15 wa shampiyona AS Kigali yatsinzwemo na Etoile de l’Est ibitego 2-0, yari amaze igihe aganira n’iyi kipe ngo barebe ko bavugurura amasezerano gusa birangira batumvikanye.
Undi wamaze kumvikana na Rayon Sports ni Bukuru Christophe na we wahoze ayikinira.
Bukuru yageze muri Rayon Sports muri 2018 aje gusimbura Pierrot, ayikinira umwaka umwe mbere yo kuyivamo yerekeza muri APR FC.
Uyu musore ukina hagati mu kibuga nta kipe yari afite kuva yakwirukanwa na APR FC azira imyitwarire mibi.
Amakuru avuga ko Bukuru w’imyaka 25 y’amavuko yumvikanye na Rayon Sports kuyikinira kugeza shampiyona irangiye.


