Paul Pogba kugirango agume muri Man U arasaba ikintu kimwe

Sangiza iyi nkuru

Umukinnyi wo hagati mu ikipe ya Manchester United yiteguye kuguma muri iyi kipe, mu gihe umutoza Ralf Rangnick, yaguma muri izi nshingano.

Pogba w’imyaka 28, nubwo atarabasha gukina kuva umutoza Rangnick yaza muri Manchester United mu kwezi mu kuboza umwaka ushize, asimbuye Solskjaer, akaba asigaje amezi 5 kugirango amasezerano afite muri Manchester United arangire. Nubwo bimeze gutya, uyu mukinnyi unakinira ikipe y’igihugu y’Ubufaransa mu gihe uyu mutoza yaguma muri iyi kipe nawe yiteguye kuhaguma nkuko tubikesha ikinyamakuru Dailymail.

Rangnick asanzwe ari umutoza wagateganyo wa Manchester United

Rangnick ngo yamaze kumwemeza kuguma i Manchester, ngo ku buryo Pogba nawe ari kwitegura gushyira umukono ku masezerano mashya bigendanye nikizere uyu mutoza amufitye yumva ko yazamufasha kugera kubyateganya ari kumwe nuyu mukinnyi, nubwo abatoza bamubanjirije batakunze kubana nawe neza hakunze kujya havugwa umwuka utari mwiza Solskjear agihari cyangwa Mourinho wa mubanjirije.

Binavugwa ko uyu mutoza ukomoka mu Budage , nyuma y’amezi abiri amaze atoza iyi kipe, ubuyobozi bw’iyikipe bwashimye imitoreze ye kuburyo ashobora kuhaguma nk’umutoza ufite amasezerano y’igihe kirekire. Bigendanye kuba Pogba agifitiwe igikundiro , n’abagenzi be bakinana muri iyi kipe, kandi agafatwa nk’umuyubozi mwiza bikaba ari bimwe mu bishobora gutuma aguma muri iyi kipe.

Byitezwe ko Pogba azagaruka mu kibuga avuye mu mvune ku itariki 8 Gashyantare ubwo Manchester Unitedi izaba ikina na Burnley.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *