Umusirikare wa UPDF yiciwe mu kabari azira umugore

Sangiza iyi nkuru

Igipolisi cya Uganda muri Jinja kiri gukora iperereza ku rupfu rw’Umusirikare wa UPDF wiciwe mu mu mirwano yo mu kabari azira umugore.

Umuvugizi wa Polisi yo muri Kiira, James Mubi, avuga ko Private Michael Kwewana w’imyaka 39 wo mu kigo cya gisirikare cyitiriwe Kadhafi cyo mu Mujyi wa Jinja, kuri uyu wa Kabiri ushize yagiye muri Kamuyodisa Bar and Guest House iherereye muri Zone ya Bwase muri Buwenge, mu Karere ka Jinja, akarwana n’inshuti ye yitwa Zakayo Ngobi w’imyaka 23 bapfa umugore utaramenyekana.

Iperereza ryacu rigaragaza ko Ngobi yaba yarakase ingoto Kwewana akanamutera icyuma mu nda. Polisi yageze ahabereye icyaha, uwahohotewe yihutanwa ku Bitaro Bikuru bya Buwenge mbere yo koherezwa ku Bitaro bya Gisirikare bya Bombo, aho byatangajwe ko yapfuye nyuma y’amasaha macye.”

Mubi wamaganye iki gikorwa, yongeyeho ko Ngobi yatawe muri yombi akoherezwa kuri station ya polisi ya Nalufenya mu gihe ategereje gukorerwa dosiye ku bwicanyi nk’uko tubikesha Daily Monitor.

Ati “Turashaka kwihanangiriza ubuyobozi bw’amahoteri yose, utubari n’amazu y’abashyitsi mu mujyi ndetse n’akarere kugira ngo buri gihe umutekano w’abakiriya babo ube uwa mbere, kandi bihutire kumenyesha inzego zibishinzwe ibibazo byavuka kugira ngo hakumirwe ibyaha …”

Umuvugizi wa UPDF muri Zone ya Jinja, Lt. Col. Victor Kabegumira, yemeje aya makuru, ariko yirinda gutanga amakuru arambuye.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *