Ikipe ya CD Trofense ikinamo myugariro w’Umunyarwanda, Mutsinzi Ange Jimmy, yabashije gukura inota rimwe ku ikipe ya kabiri ya FC Porto ubwo bari bahuriye mu mukino wa shampiyona y’icyiciro cya kabiri ya Portugal.
Trofense yari yasuye Porto B mu mukino wabaye ku wa Kane urangira amakipe yombi aguye miswi ibitego 2-2.
Porto yakiniraga imbere y’abafana bayo yabanje gutsinda ibitego bibiri, hanyuma biza kwishyugwa na Trofense.
Hakiri kare cyane k’umunota wa kane Samba Koné yatsinze igitego cya mbere, mbere y’uko Danny Loader atsindira Porto icya kabiri ku munota wa 35 w’umukino.
Trofense yavuye inyuma yishyurirwa igitego cya mbere na Bruno Almeida ku munota wa 66, mbere y’uko Umufaransa Elias Achouri atsinda igitego cya kabiri nyuma y’iminota 13.
Myugariro Mutsinzi Ange Jimmy yari yabanje mu kibuga muri uyu mukino.
Nyuma y’umunsi wa 20 w’iyi shampiyona ikinwa n’amakipe 18, Casa Pia niyo ya mbere n’amanota 39 inganya na Benfica B iyikurikiye.
Porto iri ku mwanya wa munani n’amanota 28 aho irusha atatu Trofense ya Ange iri ku mwanya wa 11; mu gihe Academica ari iya nyuma n’amanota 11 yonyine.


