Umwanditsi w’ibitabo w’Umugande, Kakwenza Rukirabashaija, yibasiye umuhungu wa Perezida Yoweri Museveni, Lt Gen. Muhoozi Kainerugaba wavuze ko yahamagaye Perezida Paul Kagame amumubazaho.
Kuri uyu wa 9 Gashyantare 2022, umunyamategeko Eron Kiiza wunganira Kakwenza yamenyesheje itangazamakuru ko yamaze gutoroka igihugu, akaba yateganyaga kujya i Burayi mu masaha make.
Kiiza yagize ati; “Kakwenza yavuye muri Uganda kubera impungenge z’ubuzima bwe, kandi araba ashaka inzira ijya mu gihugu cy’i Burayi mu masaha make ari imbere. Ntabwo yari kuguma hano kandi ubuzima bwe buri mu kaga.”
Hari andi makuru yatangajwe n’umunyamakuru Canary Mugume wubashywe muri Uganda, ko Kakwenza mu guhunga kwe, yabanje kunyura mu Rwanda. Yagize ati: “Umwanditsi Kakwenza Rukirabashaije yagiye mu buhungiro, anyuze mu Rwanda, umunyamategeko we Eron Kiiza yabyemeje.”
Kakwenza wari ukurikiranwe n’ubutabera bwa Uganda, akurikiranweho gutuka Perezida Museveni na Gen. Kainerugaba, yatorotse nyuma y’aho urukiko rumwimye uruhushya rwo kujya kwivuriza mu mahanga inkoni yakubitiwe muri kasho, ku mabwiriza avuga ko ari ay’uyu muhungu wa Perezida.
Gusa Gen. Kainerugaba ku rubuga rwa Twitter, kuri uyu wa 9 Gashyantare 2022 yavuze ko atari azi Kakwenza keretse ubwo itangazamakuru ryatangiye kumuvugaho, yongeraho ko yavuganye na Perezida Kagame, amuhakanira ko uyu mwanditsi yahungiye mu Rwanda.
Yagize ati: “Ntabwo nzi uyu muhungu muto bavuga ko yakubiswe! Ntabwo nari narigeze mwumvah kugeza ubwo itangazamakuru ryatangiye kumuvugaho. Sinigeze mpura na we cyangwa ngo tuvugane, nta n’ubwo mbyifuza. Nahoze mvugana na Paul Kagame kandi yambwiye ko [umuhungu] atari mu Rwanda!!”
Kakwenza akimara guhunga bikamukundira, yongeye gukoresha imbuga nkoranyambaga asanzwe akoresha yibasira ubutegetsi buriho, yibasira Gen. Kainerugaba wavuze ko yahamagaye Perezida Kagame amumubazaho.
Uyu mwanditsi mu magambo akakaye asanzwe akoresha, yagize ati: “Umwana ukoresha ububasha afite mu gutwaza igitugu yafashe telefone bwangu, ahamagara Paul Kagame kugira ngo amubaze niba yambonye nombokera mu gihugu cy’imisozi igihumbi.”
Yongereyeho utumenyetso duseka, maze abaza ati: “Ni gute uyu mwana warazwe ubugome yatakaza icyizere?”
Kakwenza yari yaratawe muri yombi mu mpera z’Ukuboza 2021, akurikiranweho gutuka Perezida Museveni na Gen. Kainerugaba. Yaherukaga gufungurwa by’agateganyo mu mpera za Mutarama 2022, ubwo yatangaga ingwate.


