Somalia: Igitero kuri resitora yuzuyemo abayobozi n’abanyapolitiki cyahitanye 13

Sangiza iyi nkuru

Kuri uyu wa Gatandatu, byibuze abantu 13 biciwe muri Somalia rwagati nyuma y’aho umwiyahuzi yaturikirije ibisasu muri resitora yuzuyemo abayobozi n’abanyapolitiki.

Umuvugizi wa polisi, Dini Roble Ahmed, yatangaje ko abapfuye ahanini bari abasivili naho abandi 20 bakomeretse mu Mujyi wa Beledweyne. Yongeyeho ko igisasu cyangirije byinshi.

Ababibonye bavuga ko igisasu kinini cyaturikiye ahantu hafunguye ha resitora ya Hassan Dhiif aho abantu bari bateraniye munsi y’ibiti bafata ibyo kurya bya saa sita.

Umutangabuhamya Mahad Osman yagize ati: “Nabonye imirambo y’abantu benshi sinashobora kubara umubare w’abakomeretse bajyanwe mu bitaro.” Ati: “Bamwe muri aba bantu bari bategereje amafunguro yabo bumva akayaga ubwo igisasu cyaturikaga.”

Abapolisi n’abayobozi ba leta bemeje ko igitero cyo muri resitora cyatewe n’umwiyahuzi, ariko ntibatanga umubare w’abahitanwe n’igitero.

Iki gitero cyabaye nyamara umutekano wakajijwe muri Beledweyne kuko hitegurwa icyiciro cya mbere cy’amatora y’abadepite muri kariya gace, ku birometero 340 mu majyaruguru y’umurwa mukuru Mogadishu.

Umupolisi Mohamud Hassan yavuze ko abakomiseri babiri bungirije b’akarere bari mu bapfuye. Ati: “Iki cyari igitero cyahitanye abantu benshi nshobora kwibuka muri uyu mujyi.”

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *