Kenya: Ishyaka riri ku butegetsi ryiyemeje gushyigikira Raila Odinga mu matora ataha

Sangiza iyi nkuru

Ishyaka Jubilee riri ku butegetsi muri Kenya ryiyemeje gushyigikira umuyobozi w’abatavuga rumwe n’ubutegetsi Raila Odinga mu matora y’umukuru w’igihugu ateganijwe muri Kanama 2022, aho gushyigikira Visi Perezida William Ruto, na we watangaje kandidatire ye.

Uwahoze ari imfungwa ya politiki, Raila Odinga, w’imyaka 77, akaba yariyamamaje inshuro enye ku mwanya wa perezida atsindwa, kuri ubu ashyigikiwe na Perezida Uhuru Kenyatta.

Kenyatta, utemerewe kongera kwiyamamaza kubera itegeko nshinga ritabimwemerera, yahisemo gushyigikira Odinga aho gushyigikira Visi Perezida William Ruto, Kenyatta avuga ko adakwiye kuba Perezida wa Kenya.

Kuri uyu wa Gatandatu mu nama ya njyanama y’abayobozi b’ishyaka hirya no hino mu gihugu, Kenyatta yagize ati: “Mu ntangiro za manda yanjye ya kabiri nasobanuriye abaturage ba Kenya ko amahitamo yanjye ari ubuyobozi kurusha politiki.”

Mu kwiyamamaza gutatu guheruka kwa Odinga mu 2007, 2013, na 2017, yamaganye ibyavuye mu matora, avuga ko intsinzi ye yibwe. Ibi byateje akaduruvayo gakomeye nyuma y’amatora ya 2007 na 2017 nk’uko tubikesha Reuters.

Ariko yaje kwiyunga na Kenyatta mu ntangiriro za 2018, william Ruto uri kumwe n’ishyaka rishya, United Democratic Alliance, ashyirwa ku ruhande nyuma yo kuva mu ishyaka Jubilee.

Odinga avuga ko afite ubunararibonye burebure mu buyobozi bw’igihugu, harimo no kuba minisitiri w’intebe.

Odinga, Kenyatta na Ruto bakomoka mu moko atatu muri ane manini mu gihugu.

Abakandida bombi barwanira gushyigikirwa n’ubwoko bw’Aba-Kikuyu bwa Kenyatta, ari nabwo bufite abaturage benshi muri iki gihugu, bwavuyemo abaperezida batatu muri bane bamaze kuyobora igihugu kuva cyabona ubwigenge mu 1963.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *