Ishyirahamwe Mpuzamahanga rya Judo ryafatiye ibihano Perezida Putin

Sangiza iyi nkuru

Kuri iki Cyumweru, Perezida w’u Burusiya, Vladimir Putin yahagaritswe ku kuba perezida w’icyubahiro w’Ishyirahamwe Mpuzamahanga ya Judo (IJF).

Bivuze ko yatakaje by’agateganyo umwanya we wo hejuru muri siporo y’Isi
Iri shyirahamwe ryavuze ko “amakimbirane y’intambara akomeje muri Ukraine” ari yo mpamvu yo guhagarika Putin nk’uko iyi nkuru dukesha Euronews ikomeza ivuga.

Mu itangazo rigufi ryanyujijwe ku rubuga rwa interineti yagize ati: “Dukurikije amakimbirane akomeje kubera muri Ukraine, Ishyirahamwe Mpuzamahanga rya Judo riratangaza ihagarikwa rya Vladimir Putin nka Perezida w’icyubahiro na Ambasaderi w’Ishyirahamwe Mpuzamahanga rya Judo.”

Perezida Putin ni Umu-judoka (umukinnyi wa Judo) ukunda kandi witabiriye iyi siporo mu Mikino Olempike ya Londres 2012.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *