Guverinoma y’u Burusiya yasabye Leta Zunze Ubumwe za Amerika (USA) gucyura intwaro kirimbuzi zashyize mu bihugu bigize umuryango NATO biri ku mugabane w’Uburayi.
Itangazo ryashyizwe ahagaragara na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Burusiya, Sergei Lavrov, dukesha RT (ikinyamakuru cyegamiye kuri Leta yabo), rigira riti: “Biratubabaje ko intwaro kirimbuzi za USA ziri i Burayi. Iki ni igihe cyo kuzicyura, kandi ibikorwaremezo by’igisirikare cyayo bigasenywa.”
Minisitiri Lavrov wasohoye iri tangazo mu gihe u Burusiya buri mu ntambara ya Ukraine, yavuze ko USA yaba iteganya gukoresha izi ntwaro muri iyi ntambara.
Uyu mudipolomate mukuru w’u Burusiya yakomeje amenyesha USA ko mu gihe yaba ifite umugambi wo gukoresha izi ntwaro, ikwiye kumenya ko nta nyungu zaba zirimo. Ati: “Twebwe twizera ko mu ntambara y’intwaro za kirimbuzi nta mutsinzi ubonekamo.”
Minisitiri Lavrov atanze iri tangazo nyuma y’aho Perezida Vladimir Putin asabye abasirikare bakoresha intwaro kirimbuzi kwitegura kuzikoresha muri iyi ntambara iri kubera muri Ukraine, mu gihe byaba ngombwa.


