Abapolisi bashinzwe bariyeri mu muhanga wa Musanze-Kigali tariki ya 1 Werurwe 2022 bafatiye umugenzi witwa Ndayambaje Jean Pierre mu Kagari ka Kirenga, Umurenge wa Rusiga w’Akarere ka Rulindo, afite mu gikapu ibikoresho bipima icyorezo cya Covid-19, asobanura ko byaturutse muri Uganda.
Nk’uko urubuga rwa Polisi rubivuga, ibi bikoresho bigaragara mu ifoto birimo: ibigaragaza mu buryo bwihuse uwanduye Covid-19, ibigaragaza mu buryo bwihuse utaranduye Covid-19, agakoresho gakoreshwa mu gufata ibipimo mu izuru n’ibindi bifitanye isano.
SP Alex Ndayisenga, Umuyobozi ushinzwe guhuza ibikorwa bya Polisi n’abaturage mu ntara y’amajyaruguru, yasobanuye uko Ndayambaje yafashwe ati: “Abapolisi bashyize bariyeri mu muhanda uva Musanze uza i Kigali bahagarika imodoka itwara abagenzi mu buryo bwa rusange basaka bisanzwe imodoka, bageze ku gikapu cya Ndayambaje basangamo ibikoresho byifashishwa mu gupima Covid-19 kandi atemerewe kubitunga bahita bamufata.”
SP Ndayisenga yakomeje avuga ko ubwo Ndayambaje yari amaze gufatwa, yisobanuye ko ibi bikoresho yabikuye mu Murenge wa Butaro mu Karere ka Burera, abihawe n’uwabikuye uri Uganda ngo abigeze ku muntu uri i Kigali, maze amwishyure amafaranga 250,000.
Gusa ngo Ndayambaje ntabwo yigeze avuga amazina y’uwabimuhaye ndetse n’uri i Kigali yagombaga kubiha. Ubu afungiwe kuri sitasiyo y’urwego rw’ubugenzacyaha (RIB) ya Bushoke muri Rulindo.


