Umujyi wa Kigali wasubitse umuganda wari uteganyijwe kuwa Gatandatu

Sangiza iyi nkuru

Ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali bwatangaje ko nta muganda rusange uzaba kuri uyu wa Gatandatu nk’uko byari byatangajwe mbere.

RBA yatangaje aya makuru binyuze kuri Twitter, ivuga ko ubuyobozi bwimuriye uyu muganda kuwa 26 Werurwe 2022. Nta mpamvu yatangaje yatumye hafatwa iki cyemezo.

Umuganda rusange wari umaze hafi imyaka ibiri usubitswe kubera ingamba zo guhangana na COVID-19, ugiye kongera gusubukurwa kuko icyo cyorezo kigenda gicogora.

Kuwusubukura ni umwe mu myanzuro yafatiwe mu nama yahuje Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Gatabazi Jean Marie Vianney; Umuyobozi w’Umujyi wa Kigali na ba Guverineri b’Intara, ku wa 6 Gashyantare 2022.

Waherukaga gukorwa mbere y’uko icyorezo kigera mu gihugu muri Werurwe 2020. Kuko ukorwa benshi bahuriye hamwe, wahagaritswe nk’ubucucike bushobora guha icyuho iyo ndwara igakwirakwira.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *