Umwe muri ba Perezida ba Afurika yageneye abanye-Congo imfashanyo y’ibyo kurya

Sangiza iyi nkuru

Perezida João Lourenço wa Angola, yageneye abanye-Congo bavuye mu byabo kubera imirwano ya FARDC n’inyeshyamba zo mu mutwe wa M23.

Kuri uyu wa Gatandatu ni bwo indege yari yikoreye toni 30 z’ibyo kurya yageze ku kibuga cy’indege mpuzamahanga cya Goma ho mu ntara ya Kivu y’Amajyaruguru.

Guverineri wa gisirikare w’Intara ya Kivu y’Amajyaruguru, Lt Gen Constant Ndima Kongba ni we wabyakiriye.

Gen Joâo Nasson, washyikirije Leta ya Congo ibi biribwa, yavuze ko iriya nkunga ya Perezida João Lourenço iri mu rwego rw’ubufatanye busanzwe hagati ya Angola na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Yavuze ko Perezida Lourenço agifite umuhate wo gukora ibishoboka byose kugira ngo amahoro agaruke mu burasirazuba bwa Congo Kinshasa.

Abanye-Congo bakabakaba 200,000 ni bo bivugwa ko bavanwe mu byabo n’imirwano ya FARDC na M23 kuri ubu igikomeje kujya mbere muri Teritwari za Rutshuru, Nyiragongo na Masisi.

Soma Izindi Nkuru

2 Responses

  1. Umwe muri ba Perezida ba Afurika yageneye abanye-Congo imfashanyo y’ibyo kurya
    IMANA imwongere uburame bwinshi kwisi Africa icyeneye ba president nka Rorenco wa Angola. j

  2. Umwe muri ba Perezida ba Afurika yageneye abanye-Congo imfashanyo y’ibyo kurya
    IMANA imwongere uburame bwinshi kwisi Africa icyeneye ba president nka Rorenco wa Angola. j

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *