ECOWAS yiyemeje kudatererana Burkina Faso nyuma yo kumva impamvu z’abahiritse ubutegetsi

Sangiza iyi nkuru

Kuri uyu wa Kane ushize, uhagarariye Umuryango w’Ubukungu w’Ibihugu bya Afurika y’Iburengerazuba (ECOWAS) yavuze ko bazakomeza gukorana na Burkina Faso nubwo hari impungenge z’umugambi wa gisirikare wo kugumana ubutegetsi mu gihe cy’imyaka itatu nyuma yo guhirika ubutegetsi muri Mutarama.

Umuryango w’Ubukungu w’Ibihugu bya Afurika y’Iburengerazuba (ECOWAS) wahagaritse Burkina Faso nyuma y’uko ingabo zimaze kwirukana ku butegetsi Perezida Roch Kabore, ariko ntiwigeze ufayitira ibihano nk’uko byagenze ku baturanyi ba Mali na Guinea, aho naho ingabo zigaruriye ubutegetsi mu mezi 18 ashize nk’uko iyi nkuru dukesha Ibiro Ntaramakuru by’Abongereza, Reuters, ivuga.

Impamvu z’ibyemezo binyuranye ntizisobanutse neza, ariko zishobora kuba zishingiye ku ntambara Burkina Faso irawana n’inyeshyamba zigendera ku mahame akakaye ya kisilamu yahitanye abantu ibihumbi igahatira abarenga miliyoni guhunga bangana na hafi ya 1/20 cy’abaturage kuva mu 2015.

Minisitiri w’ububanyi n’amahanga wa Ghana, Shirley Ayorkor Botchway, wayoboye intumwa za ECOWAS mu murwa mukuru wa Burkina Faso ari wo Ouagadougou, yavuze ko umuryango uhangayikishijwe n’inzibacyuho y’imyaka itatu mbere y’amatora ya demokarasi ariko ko ubuyobozi bw’ingabo bwasobanuye impamvu zabyo.

Ayorkor Botchway nyuma yo guhura n’uwayoboye ihirika ry’ubutegetsi na perezida w’inzibacyuho, Paul-Henri Damiba, yagize ati: “Ibibazo byugarije Burkina Faso ni ibibazo byacu. Ntabwo muri iki gihe Burkina Faso ikeneye ko ECOWAS yayitererana.”

ECOWAS yasabye irekurwa ry’uwahoze ari Perezida Kabore, umaze amezi hafi abiri afunzwe kuva haba ihirikwa ry’ubutegetsi. Ayorkor Botchway yavuze ko Damiba yahaye izo ntumwa uruhushya rwo kumusura kandi ko ameze neza.

Burkina Faso, hamwe n’abaturanyi ba Mali na Niger, mu myaka yashize bahanganye n’ibitero by’imitwe ifitanye isano na al Qaeda na Leta ya Kisilamu.

Ubugizi bwa nabi bugenda bwiyongera bwatumye abantu bamwe batera icyizere guverinoma ishingiye kuri demokarasi benshi bemeza ko idafite ubushobozi bwo guhangana n’iki kibazo.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *