Bamwe mu bakinnyi b’umupira w’amaguru ku muri Afurika bagiye bahirwa n’ikirenge cyabo ndetse bamwe baza no kureka uyu mwuga wo gukina bajya gukora indi mirimo ariko bakoresha amafaranga bakuye mu gukina.
Ku rutonde rwashyizwe ahagaragara mu mpera z’umwaka wa 2016, rwerekana bamwe mu bakinnyi 10 bo kuri uyu mugabane nk’uko bikorwa ku yindi migabane, babashije kugera ku ntera ishimishije mu bijyanye n’ubukire, rugaragaramo abigeze gukira umupira ndetse banamenyekanye cyane muri Afurika nka Jay jay Okocha wo muri Nigeria wabaye umucuruzi n’abandi.
Bitewe no kuba aba uru rutonde rwarakozwe mu Kuboza 2016, byashoboka ko hari abakoze cyane bakaba bafite icyiyongereye ku byo bari bafite icyo gihe kimwe n’uko hari abasubiye inyuma.
Dore uko abo bakinnyi bakurikirana n’imitungo yabo mu madolari
- Samuel Eto’O Fils ($202 Million)
Samuel Eto’O ni umwe mu bakinnyi b’Abanyafurika bamenyekanye cyane ku mugabane mu bijyanye n’umupira w’amaguru guhera mu myaka yashize na nubu abantu bakaba bakimuzirikana.
Yaranzwe no gutwara ibikombe bitandukanye harimo n’ibihembo byo kuba umukinnyi w’umwaka muri Afurika ndetse no kuba ariwe mukinnyi wo muri Afurika wenyine wabashije gutwara igikombe mpuzamigabane inshuro 2.
[xyz-ihs snippet=”google-pub”]
Uyu mukinnyi w’Umunyakamuruni wanakiniye Real Madrid, Barcelona , Inter Milan, Chelsea FC, Anzhi Makhachkala ndetse na Everton. Yabaye umukinnyi uhembwa menshi ku isi n’umushahara wa Miliyoni 20 z’Amayero ari na byo byatume aza kuri uyu mwanya mu bakinnyi b’abaherwe muri Afurika.
- Yaya Toure ($170 Million)
Uyu wahoze ari kapiteni wa Cote d’Ivorie akaba umukinnyi wa Manchester City yatangiye gukina ubwo yakinaga mu ma-club yo muri kiriya gihugu nka ASEC Mimosas, ndetse na Beveren FC mu Bubiligi, Metalurh Donetsk muri Ukraine, Olympiakos mu bugiriki ndetse na AS Monaco mu Bufaransa mbere y’uko ajya muri Barcelona muri 2007. Uyu mukinnyi nawe ni umwe mu bakinnyi bubatse amateka mu bijyanye no gutsinda ibitego ndetse no guhembwa akayabo byanatumye aza ku mwanya wa 2 kuri uru rutonde.
- Didier Drogba ( $155 Million)
Uyu mukinnyi nawe aza kuri uyu mwanya mu bakinnyi bakomoka ku mugabane w’Afurika baciye agahigo ko guhembw akayabo no kwinjiza ibitego byinshi mu makipe atandukanye yagiye akinira, kuri ubu nawe akaba aza mu bakinnyi b’abaherwe ku mugabane.
Aza ku mwanya wa 4 mu ikipe ya Chelsea mu bakinnyi batsinze ibitego byinshi akaba na we yaratangiye akinira ama-Club, aza gutangira gukinira amakipe manini guhera muri 2004 nka Marseillr aho yahembwaga Miliyoni 24 z’Amayero.
- Austin ‘Jay Jay’ Okocha ($150 Million )
Umukinnyi Austin ‘Jay Jay’ Okocha nawe ni umwe mu bakinnyi b’Abanyafurika bamenyekanye cyane mu bikombe by’isi guhera mu myaka yashize.
Akomoka mu gihugu cya Nigeria akaba yaramenyekanye ku kintu cy’amacenga mu kibuga ndetse no gutsinda ibitego byinshi.
Yamenyekanye no mu makipe y’abarengeje imyaka 20 yo mu Budage, Turukiya, u Bwongereza ndetse na oil rich Qatar. Yaje gusa gucika integer guhera muri 2006 ubwo yari ananiwe gushyigikira igihugu cya mu kugera ku ntsinzi ya FIFA World Cup mu Budage.
Kugeza ubu, Okocha ni umwe mu bacuruzi b’abaherwe mu gihugu cya Nigeria, akaba afite inganda zamwitiriwe zizwi muri kiriya gihugu ndetse no mu karere batuyemo zizwi nka ‘Jay Jay Okocha Group West Africa Limited.
- Kanu Nwankwo ( $100 Million)
Kanu Nwankwo nawe ni umwe mu baakinnyi bo kuri uyu mugabane bamenyekanye cyane mu guhembwa agatubutse bitewe n’impano bafite yo gukina umupira w’amaguru.
[xyz-ihs snippet=”google-pub”]
Yatangiye kumenyekana guhera ubwo yatangiraga gukina mu ma-clubs yo ku mugabane w’u Burayi nka Ajax FC, Inter Milan, Arsenal, West Brom, ndetse na Portsmouth. Uyu mukinnyi nawe yaje kuva mu bijyanye n’uyu muhamagaro guhera murii 2012, ajya gucuruza aho yamenyekanye mu bucuruzi bw’ibikomoka kuri Peteroli, Gaz n’ibindi.
- Michael Essien ( $70 Million)
uyu mukinnyi wo mu gihugu cya Ghana nawe ni umwe mu bakinnyi bo ku mugabane w’Afurika wamenyekanye mu kurinda defanse, kwataka ndetse no kugira umuhate mu gushakisha umupira mu kibuga.
Muri 2005, yasinyanye amasezerano na Chelsea FC aho yahembwaga miliyoni 38 z’Idolari kugeza ubwo yaje kujya yinjiza Amadolari asaga ibihumbi 110 buri cyumweru ariko akabiikora igihe gito.
- Emmanuel Adebayor ($57 Million)
Uyu mukinnyi wari uzwi ku izina ry’irihimbano rya Baby Kanu mu gihe cya mu iikipe ya Arsenal aho yamenyekanye cyane , Emmanuel Adebayor yakiniye amakipe ya Metz, Monaco, Real Madrid, Manchester City, Tottenham Hotspurs aza gusoreza kuri Crystal Palace mu bwongereza. Nyuma yo kuva aha hose yaje kujya mu ikipe ya Man City aho yabashaga kwinjiza byibuzze umushahara w’ibihumbi 274,400 by’Amadolari buri cyumweru.
Uyu mu ukomoka mu gihugu cya Togo akaba yaranabaye Kapiteni w’ikipe yahoo yatsindiye igihembo cy’umukinnyi w’umwaka muri 20017 cyategurwaga na BBC.
- John Obi Mikel ($50 Milion)
Uyu nawe ni undi mukinnyi w’Umunyafurika uza ku mwanya wa 8 w’abakinnyi ba ruhago bafite imitungo bakesha uyu mwuga.
[xyz-ihs snippet=”google-pub”]
Mu mwaka wa 2005, Mikel yasinyany amasezerano na Manchester United aza guherukira muri Chelsea aho yakiniye imyaka igera ku 10.
Umushahara we w’icyumweru wanganaga n’ ibihumbi 120 by’Idolari utabariyeho uduhimbazamushyi.
Uyu mukinnyi yagaragaje uruhare rudasanzwe mu irushanwa rya UEFA Champions League kuri ubu akaba afite imigabane muri Pepsi, Samsung ndetse na Amstel.
- Kolo Toure ($43 Million)
Kolo Toure akomoka mu gihugu cya Cote d’Ivore akaba nawe yaramenyekanye mu mikino mpuzamahanga ndetse no gukina mu makipe yo hanze aho umushahara we ungana na Miliyoni 10.5 z’Idolari.
Yatangiye akinira Cote d’Ivoire nyuma aza gutangira gukinira ikipe ya Arsenal F.C guhera mu 2002 nyuma akajya no muri Man City.
- Sulley Muntari ($40 Million)
Uyu mukinnyi wo mu gihugu cya Ghana nawe urugendo rwe rwo kwamamara mu mupira w’amaguru kugera ubwo aje kuri uru rutonde rusa n’urwatunguranye.
[xyz-ihs snippet=”google-pub”]
Yatangiye akinira igihugu mu ikipe yabatarengeje 20, nyuma aza kuzamuka mu ikipe nkuru ya Black Stars .
Nawe yakiniye amakipe menshi yo ku mugabane w’u Burayi mbere yo kujya muri Saudi league 2015 aho yasinye amasezerano y’amafaranga angana na Miliyoni 6 z’Amayero. Yaje guhirwa rero n’impano anazamurwa mu ntera kugeza agejeje ku mushahara wa Miliyoni 40 ku kwezi ubu nawe akaba aza mu baherwe 10 bo mu mupora w’amaguru muri Afurika.
Kanda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter
Nsengimana@Bwiza.com


