Abaturage 90% b’i Mudende bavoma amazi meza ikantarange

Sangiza iyi nkuru

Mu ngendo abadepite bakomeje kugirira mu Ntara y’ i Burengerezuba basanze imibereho y’abatuye muri Mudende ikomeje kubangamirwa no kutagira ibikorwa remezo bihagije birimo amazi aho bavoma iyo bigwa mu gihe n’umuriro w’amashanyarazi hamwe utarahagera.

Muri uyu murenge utuwe n’abarenga ibihumbi 30, imibare igaragaza ko abarenga 90 % bagenda urugendo rurerure cyane rw’ibirometero 10 bagiye kuvoma amazi. Ni mu gihe 10% gusa ari bo bafite amazi meza hafi yabo.

Abadepite bavuze kuba abatuye muri ibi bice batagerwaho n’amazi meza ari imbogamizi ikomeye ku mibereho myiza n’isuku y’abatuye Mudende.

Ubuyobozi bw’Umurenge wa Mudende bwabwiye abadepite ko kuba bafite amazi adahagije bifitanye isano n’imiterero y’umurenge wabo utuye mu misozi aho bigoranye kugeza amazi ku baturage.

Kugeza amashanyarazi ku batuye Mudende na byo biracyari ingorabahizi kuko imibare igaragaza ko mu ngo zirenga ibihumbi 7 zituye muri murenge, izigera ku bihumbi 5 nta mashanyarazi zifite. Bivuga ko abafite amashanyarazi ari 20%.

Abadepite basabye ko uyu murenge wakwitabwaho ukegerezwa ibikorwarwaremezo nk’uko RBA ibitangaza.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *