U Bwongereza, USA n’ibindi birenga 30 bigiye koherereza Ukraine intwaro

Sangiza iyi nkuru

Umunyamabanga w’ubwami bw’u Bwongereza ushinzwe ingabo, Ben Wellace yatangaje ko igihugu cye, Leta Zunze Ubumwe za Amerika n’ibindi bikomeye biri mu burengerazuba bw’Isi byemeranyije koherereza Ukraine intwaro ntoya n’inini zirimo izirasa kure ziwi nka ‘long-range artillery’.

Minisitiri Wallace nk’uko The Guardian ibivuga, yatangaje ko iki cyemezo cyafatiwe mu nama yeteguye, yahuje ibi bihugu birenga 35 kuri uyu wa 31 Werurwe 2022.

Mu kiganiro yagiranye n’abanyamakuru, Minisitiri Wallace yasobanuye ko imiterere y’uru rugamba by’umwihariko urubera mu karere ka Mariupol isaba Ukraine kwirwanaho ikoresheje izi ntwaro. Ati: “Icyabafasha kwirwanaho ni izindi mbunda zirimo izirasa kure, kandi barazishaka hamwe n’amasasu.”

Yakomeje avuga ko kandi Ukraine yifuza n’imodoka z’imitamenwa zirinda ingabo zayo kuri uru rugamba ndetse n’izindi ntwaro zikumira ibitero bituruka mu kirere. Ati: “Ibi byose bigiye kuboneka nk’uko byemejwe muri iyi nama.”

Mu bindi Ukraine isaba nk’uko byatangajwe kenshi na Perezida wayo, Volodymyr Zelensky, harimo intwaro ziremereye cyane zirimo ibifaru n’indege z’intambara. Gusa Minisitiri Wallace yavuze ko byo bitazoherezwayo.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *