Mu nama ya 47 y’akanama k’abaminisitiri yari iyobowe na Perezida wa Repubulika ya Demokarasi ya Congo kuwa Gatanu, itariki ya 01 Mata 2022, minisitiri w’ingabo yagarutse ku mibare y’abaguye mu mirwano yahuje FARDC na M23 kuwa 27 na 28 Werurwe 2022 mu duce tubiri two muri Rutshuru, muri Kivu y’Amajyaruguru.
Nk’uko byamenyeshejwe abari muri iyi nama, ngo ibyo bitero byabereye mu duce twa Chanzu na Runyoni byahitanye abasirikare batatu ba leta. Mu bapfuye, harimo ba ofisiye babiri na soldat, mu gihe hakomeretse abagera kuri 17.
Nk’uko iyi nkuru dukesha Actu7.cd ivuga, minisitiri w’itumanaho, Patrick Muyaya, ngo abaguye ku rugamba ni Col. Alege, wari Komanda wa Regiment ya 3409, yari ije gutabara regiment ya 3413, undi ni Major Ewayo, Komanda wa Komanyi ya 34321 ifite ibirindiro muri Chanzu, ndetse n’umusirikare w’ipeti rya Soldat.
Iyi mibare yiyongeraho abasirikare ba Monusco umunani biciwe mu mpanuka ya kajugujugu yagenderaga hejuru y’ibice byaberagamo imirwano, umutwe wa M23 ugashinjwa kuyihanura, ariko ukaba waramaganye ibyo birego.
Hagati aho, kuwa Gatanu abarwanyi ba M23 bavuye mu bice bari bigaruriye batangaza agahenge kugira ngo abategetsi bategure “ibiganiro mu mahoro byo gushaka umuti w’ikibazo kidutandukanya kimaze imyaka irenga 10”.



4 Responses
RDC: Abofisiye 2 ba FARDC bayoboraga regiments mu biciwe mu mirwano yabahuje na M23
Rdc muri imisega ngo uwigize agatebo ayora ivu iyi mikino ABA banuka mishyi n’inzoka ntibayizana ku gihugu cyacu cy’uburundi twabamesa
RDC: Abofisiye 2 ba FARDC bayoboraga regiments mu biciwe mu mirwano yabahuje na M23
Rdc muri imisega ngo uwigize agatebo ayora ivu iyi mikino ABA banuka mishyi n’inzoka ntibayizana ku gihugu cyacu cy’uburundi twabamesa
RDC: Abofisiye 2 ba FARDC bayoboraga regiments mu biciwe mu mirwano yabahuje na M23
Ntampamvu yukuhenda henda umwanzi.intwaro Congo ifite zimaze iki?
RDC: Abofisiye 2 ba FARDC bayoboraga regiments mu biciwe mu mirwano yabahuje na M23
Ntampamvu yukuhenda henda umwanzi.intwaro Congo ifite zimaze iki?